RFL
Kigali

Imbumbe y'amafoto agaragaza urugendo rwa Nimwiza Meghan mu mwaka amaranye ikamba rya Miss Rwanda 2019

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:30/01/2020 8:01
1


Tariki 26 Mutarama 2019 ni bwo umukobwa w’imyaka 19 Nimwiza Meghan yambitswe ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda, asimbura Iradukunda Liliane wari urimaranye umwaka.



Wari umugoroba w’ibyishimo kuri Nimwiza Meghan wari uhigitse abandi bakobwa 19 bari bahanganye nyuma yo gushimwa  n’akanama nkemurampaka kasanze ahiga abandi mu bwiza, ubwenge n’umuco.

Ni ijoro ritazibagirana kuri we kuko kuva icyo gihe yatangiye kubarirwa umushahara w’amafaranga ibihumbi 800 ku kwezi, hanze hari imodoka yateguriwe yo mu bwoko bwa Suzuki Swift ifite agaciro ka miliyoni 15, n’ibindi byinshi byamuhinduriye ubuzima.

N’ubwo yari muto mu myaka ariko yari abizi neza ko naryama agashira amavunane y’irushanwa, agomba no gutekereza uko azashyira mu bikorwa umushinga we wo gushishikariza urubyiruko kwitabira ubuhinzi n’ibindi bikorwa bituma abera abandi bakobwa urugero.

Imodoka yahawe ntabwo ari yo kuryamo umunyega ahubwo yari iyo kumufasha kugenda mu bice bitandukanye by’igihugu kandi ni ko byagenze kuko nta ntara n’imwe y’u Rwanda ibikorwa bye bitagezemo.

Mu ntangiriro za Werurwe 2019 akazi karatangiye, maze Nimwiza Meghan yerekeza mu Karere ka Bugesera mu ishuri ryisumbuye rya Gashora Girls Academy mu biganiro byiswe “Link Up Business” maze ababwira ko mu buhinzi harimo amahirwe menshi cyane cyane mu rubyiruko.

Mu rwego rwo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abagore uba tariki 08 Werurwe buri mwaka, Nimwiza Meghan aherekejwe n’igisonga cya mbere Yassip Casimir, Miss Photegenic Muyango Claudine na Umunyana Shanitah wabaye igisonga cya mbere mu 2018 bifatanyije n’abanyeshuri bo muri Riviera High School.

Mbere y’uko atangira byimbitse gushyira mu bikorwa umushinga wo gukangurira urubyiruko kwitabira ubuhinzi n’ubworozi, Nimwiza Meghan yawumurikiye Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi nawe amwemerera kumushyigikira.

Muri Gicurasi 2019 ni bwo yahise atangira ubu bukangurambaga abuhera mu Karere ka Musanze  aganira n'urubyiruko rwaho rukora ubuhinzi  banarebera hamwe uko ubuhinzi bwatera imbere bushingiye k'urubyiruko.

Ubu bukangurambaga kandi yanabukoreye mu bigo by’amashuri yisumbuye byo muri aka Karere, akangurira abanyeshuri gutinyuka gukora ubuhinzi ndetse ahava bubatse uturima tw’igikoni.

Ubu bukangurambaga kandi yabukoreye mu Karere ka Rubavu ho mu ntara y’Uburengerazuba, Huye na Gisagara ho mu ntara y’Amajyepfo no mu Karere ka Bugesera ko mu Ntara y’Uburasirazuba.

Nimwiza Meghan wabaga uherekejwe na Iradukunda Liliane yabaga ari kumwe kandi n’abayobozi batandukanye barimo abashinzwe ikigega cya BDF, RYAF n’inzego z’ibanze.

Muri Kamena yasuye abakecuru intwaza zituye mu mpinga nzima ya Bugesera mu rwego rwo gusohoza isezerano yari yarazihaye ubwo we na bagenzi be bazisuraga bari mu mwiherero.

Ari kumwe na Nyampinga w’u Rwanda 2017, Iradukunda Elsa na Iradukunda Liliane wa 2018, berekeje i Bonn mu Budage aho bitabiriye Rwanda Day. Nyuma y’aho bazengurutse ibihugu bitandukanye byo ku mugabane w’u Burayi mu rwego rwo kwamamaza gahunda ya Visit Rwanda.

Bagiye basura ibyiza nyaburaga muri ibyo bihugu ndetse banahura n’abahagarariye u Rwanda mu Buholandi no mu Bubiligi.

Umushinga wa nyuma Nimwiza Meghan yakoze ni uwo kurwanya imirire mibi mu bana, aho yiyemeje gukurikirana abagera kuri 50 bo mu Karere ka Nyamagabe kugeza bakize indwara ziterwa n’imirire mibi bari bafite.

Yerekeje mu irushanwa rya Miss World 2019 ryabereye mu Bwongereza n’ubwo nta mwanya mu ihemberwa yabashije kwegukana, Nimwiza Meghan yatoranyijwe nk’uhagarariye abandi ubwo we bagenzi be bakomoka mu bihugu byo mu muryango wa Common Wealth basura umunyamabanga mukuru wawo.

Nimwiza Meghan amaze iminsi yitabira ibikorwa by’amajonjora yo gushaka umukobwa uzamusimbura aho azamenyekana tariki 25 Gashyantare 2020.

Nimwiza Meghan i London mu Bwongereza

Ku ngoma ye Meghan yitaye ku bana bafite ikibazo cy'imirire mibi

Meghan na bagenzi be bagiranye ibiganiro na Ambasaderi w'u Rwanda mu Bubiligi

Yasuye ahantu nyaburanga mu Bubiligi

Yageze no mu Bubiligi ahura na Ambasaderi w'u Rwanda 


Nimwiza yitaye ku buhinzi muri manda ye


Miss Nimwiza Meghan yigishije urubyiruko kwitabira ubuhinzi


Ntiyijanaga no gufata isuka

Yasuye Intwaza z'i Bugesera nk'uko yari yarabibasezeranyije



Yitabiriye inama zitandukanye zivuga ku buhinzi

Nimwize Meghan yibanze ku banyeshuri biga mu yisumbuye ababwira ibyiza by'ubuhinzi


Urubyiruko ruko ubuhinza rwaganiriye na Miss Nimwiza Meghan 

Aho yageraga yishimanaga n'abanyeshuri


Meghan n'urubyiruko bavuye guhinga 


Minisitiri w'Ubuhinzi n'Ubworozi yashyigikiye umushinga wa Nimwiza Meghan

Nimwiza Meghan yifatanyije n'abanyeshuri ba Riviera High School



Abanyeshuri ba Gashora Girls Academy nibo baganirijwe bwa mbere na Nimwiza Meghan





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • ADELNE4 years ago
    Nimwiza yateje urubyuruko imbere p!!.





Inyarwanda BACKGROUND