RFL
Kigali

Karahanyuze! Ibihe by'imigeri n'ingumi, ibitutsi bya mpangara nguhangare mu Rap nyarwanda

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:28/01/2020 19:49
0


Mbere yo mu 1996 abaraperi babiri bakomeye bo muri Amerika, Jay Z na Nas bari inshuti magara ariko baje guteranywa n’uko Nas ataririmbye mu ndirimbo ya mugenzi we nk’uko bari babyumvikanye, umubano wabo uzamo igitotsi bamara imyaka itanu bashyamiranye.



Mu 2004 umuraperi 50 Cent yashanwanye na Fat Joe, intambara y’amagambo yaduka hagati yabo, indirimbo zabo zihinduka nk’ibisasu bakozanyaho karahava.

Gutukana, urwango rweruye mu ndirimbo bizwi nka ‘beef’ ni kimwe mu byaranze amateka y’abaraperi ku Isi. Umuraperi wagiranye ikibazo na mugenzi we mbere yo kugira ikindi kintu akora agomba guhita ajya muri studio agakora indirimbo yandagaza uwo batabanye neza.

Uwo babwiye ntabwo yabirarana, kwandika arabizi, umunwa arawufite, feri ya mbere nawe ayifatira muri studio agakoresha uburyo bwose acecekesha uwo bahanganye.

‘Beef’ kimwe mu biryoshya umuziki kuko bituma buri mufana agira uruhande ahereraho muri iyi ntambara ku buryo hari n’uhimba amakimbirane kugira ngo babibyazemo amafaranga.

Umwero uturuka i bukuru bucya wakwiye hose! No mu Rwanda abahanzi bakora injyana ya Hip Hop bareberaga ku bo muri Amerika bamwe biyinjije mu byo guhangana binyuze mu ndirimbo baratukana karahava.

Riderman umwe mu bamaze igihe kinini akora injyana ya Hip Hop ndetse ibyo guterana amagambo na bagenzi be binyuze mu ndirimbo yabiciyemo cyane. Mu ndirimbo yise “Nanjye Sinjye” avugamo ko ari umuco yakomoye ku baraperi bo muri Amerika.

Ati “Nakuze nsanga Nas asiga asenya Jay-Z, nsanga 50 asenya Fat Joe buri kwezi, nakunze nsanga R Kelly asenya Ne-Yo...”

Umuziki wo gutikura, gutukana no gucyocyorana muri iyi minsi ntugikorwa n’abaraperi benshi ariko iyo usubije amaso inyuma, amateka agaragaza uburyo wigeze gufata intera ikomeye.

Gatsinzi Emery [Riderman] izina rye ryagarutse cyane muri ‘beef’ n’abahanzi batandukanye guhera mu 2009. Bamwe baririmbaga bamusenya nawe ati ‘inganzo narayivukanye’ akabasubiza.

Mu ndirimbo ye yise “Kitatire” abenshi bita “Amateka” avuga ko icyatumye abaraperi benshi  bamwibasira ari uko ari we wari ubayoboye muri icyo gihe. Ubwo NEG The General yamwirukanaga mu itsinda rya UTP Solidiers mu 2006, batangiye guhangana biciye mu ndirimbo.

Riderman yakoze indirimbo ayita “Inkuba” agaragaza ubushongore n’ubukaka bwe mu muziki. Neg G wari umaze kuba umukeba mu buryo bweruye yahise ajya muri studio ahita akora indirimbo yise “Umurabyo” asubiza Riderman.

Ne G The General yakomeje kwibasira Riderman mu ndirimbo zitandukanye zirimo iyo yise “Agaca”, “Game Is Over” yakoranye na Asinah.

Riderman kandi yibasiwe n’itsida ryitwaga B-Gun ryakoze indirimbo zirimo iyitwa “Imbunda z’Ukuri” n’iyitwa “Ibyahishuwe”. Iri tsinda ritakibaho ryashinjaga Riderman ubwiyemezi mu gihe abandi bavugaga ko rishaka kumumenyekaniraho.

Uwatukaga Riderman abinyujije mu ndirimbo yabaga akojeje agati mu ntozi kuko nawe ataryamaga atarangije gukora indirimbo imusubiza. Yakoze iyitwa “Amatopito” mu rwego rwo kubapfobya.

Mu ndirimbo yise “Amateka” avugamo urugendo rwe muri muzika yongera kugaruka kuri B-Gun ko bamwibasiye ariko bakaba barasubiye ku isuka umuziki warabananiye.


Mu ndirimbo yitwa “Same Hood” Pacson yahurijemo abaraperi batandukanye, byavuzwe ko Riderman yibasiye Bull Dogg mu gitero cye aho avuga ngo “Aho nkomoka ntabwo dutinya imbwa zimoka, icyaka turacyica icyayi cyitwa inzoga.”

Bull Dogg nawe yamusubije mu ndirimbo yitwa “Ibikundanye Birajyana” aho avuga ngo “hari itungo ryo mu rugo nzi ryabuze uwo rigwaho nzarirangira icyokezo […] nturi G uri ipede” aha yashakaga kuvuga Riderman wiyita Rusake.

Riderman si we wenyine warwanye intambara y’amagambo mu baraperi kuko umusore witwa P FLA abaraperi hafi ya bose bagiye bagirana ibibazo kandi akabakorera indirimbo.

Akiva muri Tough Gangs, yahise akora iyo yise “Fuck You Jay Polly” atukamo abari bagize itsinda ryose rya Tough Gangs ariko yibasira cyane Jay Polly wari uherutse kumurika Alubumu yise “Rusumbanzika”

Jay Polly nawe yanze kuripfana maze ajya muri Touch Records yicarana na Fazzo banoza umugambi wo gukora indirimbo yitwa “Ku Musenyi” aho yibasira P FLA wari warabaye imbata y’ibiyobyabwenge.

Hari aho agira ati “Njye sinjya mvuga story [inkuru] z’ubwana nk’aba bana, ndapowa [ndatuza] nkumva ibyo bavuga tukabana baketse ko kwambara bling [inigi] na Big-down ari byo bizabagira bo ubu baheze down [hasi]. Hip Hop si ama-high menshi [ibiyobyabwenge] n’ubwo waba ufite so ufite amafaranga menshi.”


Jay Polly kandi yongeye kurasa P FLA mu ndirimbo yitwa “Revolution” Pacson yahurijemo abaraperi batandukanye bo mu Rwanda. P FLA kandi yigeze gukora indirimbo yise “Turiho Kubera Imana” aho mu ntangiriro yayo humvikanamo igisa n’itangazo ryo kubika, atabariza Jay Polly.

Ati “Umuryango wa Gasana Theo uramenyesha inshuti n’abavandimwe ko umusore wabo Tuyishime Joshua [Jay Polly] yaraye avuye ku bintu muri iri joro ryakeye mu bitaro bya Muhima. Bikaba bimenyeshejwe by’umwihariko umuryango wa Munyaneza Safari n’uwa Uwamariya Solange. Umuhango wo gushyingura ukazabera mu irimbi rya Rusororo i saa munani. Abagize ibyago mukomeze kwihangana."

P FLA kandi yagiranye urwango rukomeye na Bull Dogg bifata intera yo gutukana ku babyeyi ibitutsi bya mpangara nguhangare ndetse no kurwana imbonankubone. Nuramuka ufashe umwanya ukumva indirimbo zitandukanye za P FLA uriyumvira ibitutsi byinshi, uyu musore yamishije kuri mugenzi we Bull Dogg banganaga urunuka.

Izo zirimo “Ntibishoboka” aho avuga ko yamwinjije mu muziki  amubwira ko ari umufana we nyuma agashaka kumugirira nabi, ndetse avuga ko ari umutinganyi. Muri iyi ndirimbo mu buryo bweruye P FLA atuka ababyeyi ba Bull Dogg mu magambo arimo ibishegu.

Yakoze kandi indi yitwa “Imbwa Yanjye” aho yibasira Bull Dogg akagera no ku mugore we n’umubyeyi we.

Bull Dogg umwe mu baraperi batavugirwamo ntabwo yigeze yihanganira P FLA wiyitwa Mana y’i Rwanda yahise amukorera indirimbo “Mana y’Inzara” irimo amagambo akomeye cyane yihaniza cyane P FLA ndetse akagera n’aho avugamo nyina wa PFLA akoresheje amagambo nyandagazi.

Nyuma y’ibitutsi bikomeye nta wakekaga ko PFLA na Bull Dogg bazongera kwicarana bakaganira baseka, bagasangira ndetse bakaba bakorana n’indirimbo.


Kuri ubu bamaze gukora indirimbo nyinshi ku buryo bigaragara ko ibibazo byakemutse muri izo harimo iyitwa “Amaniga Yanjye”, “Niga One”, na MCEE. P FLA kandi yiyunze na Jay Polly bamaze igihe kinini baterana amagambo mu ndirimbo ndetse hashize iminsi micye bashyize hanze indirimbo bahuriyeho yitwa “No More Drama.” 

">

Umva Mana y'Inzara ya Bull Dogg atuka PFLA







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND