RFL
Kigali

Sobanukirwa icyateye impanuka y’indege yahitanye Kobe n’umukobwa we

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:27/01/2020 13:42
0


Nyuma y’impanuka y’indege yahitanye abantu icyenda bose bari bayirimo, barimo n’icyamamare mu mukino wa Basketball muri Amerika Kobe Bryant, havuzwe byinshi ku cyateye impanuka, yewe hari n’abatatinye gucyeka ko bishobora kuba ari akagambane kabayeho kugira ngo bahitane Bryant.



Hari amakuru avuga ko Kobe Bryant n'umukobwa we bakoze impanuka yanabahitanye  bagiye mu myitozo ku ishuri ryigisha Basketball Kobe Bryant yashinze ryitwa Mamba Sports Academy ahitwa Thousand Oaks.

Kugeza ubu, biracyekwa ko iyi mpanuka yaba yatewe n'ikirere kibuditse ibihu byinshi cyari cyaramutse mu gitondo cyo ku Cyumweru i Los Angeles.

Ikinyamakuru cy'imyidagaduro TMZ kivuga ko umupilote wari utwaye indege ya Kobe yazengurutse inshuro zirenga esheshatu mu kirere areba niba indege barimo ishobora gukora urugendo.

Indege bari barimo yaguye ku isaha ya saa yine z'igitondo muri California, hari saa yine z'ijoro ku isaha yo mu Rwanda. Hari hashize iminota itarenga 30 ihagurutse.

Itangazo rya Polisi ya California rivuga ko iyi ndege yaguye ahantu hadatuwe kandi ikaba nta muntu yasanze ku butaka aho yaguye. Gavin Masak, utuye hafi y'aho iyi ndege yaguye yabwiye ikinyamakuru CBS News uko byagenze.

Yagize ati: "Ntabwo humvikanye guturika gukomeye gusa byumvikanye. Nahise mbyumva ko ari indege ya kajugujugu, nahise njya mu nzu mbibwira data. Nsohotse nabonye umwotsi ku musozi ntabwo wari umwotsi w'umukara, wari umwotsi ujya kuba umweru".

Ikigo gishinzwe ubwikorezi mu ndege muri Amerika cyatangaje ko cyohereje abantu bakora iperereza ngo bagenzure iby'iyi mpanuka.

Gusa ariko abarebera ibintu ku ruhande bakanabisesengura, batangiye gucyeka ko hashobora kuba hakozwe akagambane ku bantu bataramenyekana bagatega indege ya Kobe kugira ngo ize kumuhitana n’abo bari kumwe bose.

Haracyakorwa iperereza ryimbitse kugira ngo hagaragare impamvu nyir'izina yateye iyi mpanuka yahitanye abantu 9 bose bari bayirimo.


Impanuka ya Kajugujugu yahitanye abantu 9 barimo Kobe Bryant n'umukobwa we Gigi


Kobe n'umukobwa we Gigi ntibakibarizwa mu Isi y'abazima



Kajugujugu yaguye ahitwa Calabas ntiharokoka n'umwe

Tags:




TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND