Mu mukino wabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu wahuje Real Madrid na Unionistas de Salamanca mu irushanwa ry’igikombe cy’Umwami muri Espagne’Copa Del Rey’ warangiye ku ntsinzi ya Madrid, wasize rutahizamu Gareth Bale awuvunikiyemo, gusa ariko nk’uko byemejwe n’umutoza Zidane ngo ntabwo iyi mvune ikanganye, azagaruka mu kibuga.
Uyu
munya- Wales w’imyaka 30 y’amavuko wari watsinze igitego gifungura amazamu mu
mukino Real Madrid yatahukanye intsinzi y’ibitego 3-1 cya Unionistas de
Salamanca, yasohotse mu kibuga ku munota wa 53’ nyuma yo kugira ikibazo cy’imvune
ku kagombambari.
Abafana
ba Real Madrid bagize ubwoba bagirango uyu mugabo agiye kongera kumara igihe
kinini atagaragara mu kibuga, dore ko mu bihe bishize yakunze kwibasirwa n’imvune
zatumaga atagaragara mu kibuga inshuro nyinshi.
Umufaransa
utoza Real Madrid Zinedine Zidane, yahumurije abafana ba Real Madrid ababwira
ko imvune ya Bale idakanganye kandi ko vuba aha bongera bakamubona mu kibuga.
Yagize
ati”Hari ukuntu yababaye ku kagombambari, ntabwo yari gukomeza gukina, gusa
ariko ntabwo bikomeye cyane, buriya turaza kubyitegereza neza, ariko vuba aha
aragaruka mu kibuga”.
Bale
ntiyashakaga kuva mu kibuga, ariko Zidane we yari yabonye kare ikibazo uyu
mukinnyi ahitamo kumusimbuza.
Gareth
Bale yafunguye amazamu muri uyu mukino atsindira Real Madrid igitego cya mbere,
gusa ariko nyuma y’iminota ine Alvaro Romero atsinda igitego cyo kwishyura, Juan
Gongora yaje kwitsinda igitego, Real Madrid igira ibitego bibiri, nyuma gati
Brahim Diaz ashyiramo agashinguracumu mu minota ya nyuma atsindira Real Madrid
igitego cya Gatatu.
Nyuma
y’umukino Zinedine Zidane utoza Real Madrid yavuze ko nubwo ikipe ye itakinnye
neza nk’uko yabyifuzaga, gusa ariko yishimira ko abakinnyi be bitanze bakabona
itike yo gukomeza mu kindi cyiciro.
Yagize
ati”Ni ijoro ritari ryoroshye, gukinira ahantu hagoye, gusa ariko nshimishijwe
n’uburyo twitwaye muri uyu mukino nubwo tutakinnye nk’uko twari twabiteguye,
ariko abakinnyi bitanze ku buryo bugaragara”.
Real
Madrid iri guhanganira igikombe na FC Barcelone iragaruka mu kibuga ku
Cyumweru, aho izaba yagiye gusura Real Valladoride mu mukino wa shampiyona ya
Espagne’La Liga’.
Gareth Bale yari mu bakinnyi 11 babanje mu kibuga kuri uyu mukino
Bale yatsinze igitego cya mbere cya Real Madrid
abakinnyi ba Real Madrid bishimira igitego cya Bale
Umukino warangiye Real Madrid yegukanye intsinzi
Zidane avuga ko nubwo ikipe ye itakinnye uko yabyifuzaga ariko yishimiye uko yitanze
TANGA IGITECYEREZO