Umupira w’amaguru uri mu bintu bihuriza hamwe abantu benshi bakishima kandi bagasabana, kuva umukino w’umupira w'amaguru wabaho habayeho abakinnyi benshi bakomeye bakoze byinshi.Ni nako hasigaye impaka mu bakunzi ba ruhago bibaza abakinnyi bakoze ibikomeye kurusha abandi. Ni yo mpamvu tugiye kubabwira abakinnyi 10 b'ibihe byose muri ruhago.
10. Ronaldinho
Umunya Brezil
Ronaldo de Assis Moreira wamenyekanye nka Ronaldinho kubera ubuhanga
yagaragaza mu gucenga ni we dusanga ku mwanya wa10. Yakiniye amakipe menshi
akomeye arimo Paris Saint Germain, Milan AC, FC Barcelona hamwe n'andi y’iwabo
nka Flamengo ndetse yakiniye n’ikipe y’igihugu ya Brezil. Yatwaye
ibikombe bitandunye birimo nka La liga 3’ super cup 2 na Champions league1 ari
kumwe na Barcelona kandi yanatwaye Serie A ari kumwe na Milan AC ndetse hamwe na Brezil batwaye igikombe cy'isi mu 2002 na Copa America mu 1999. Ku giti
cye yatwaye Ballon d’or ebyiri n’ibindi bihembo byinshi bitandukanye.
9. Paolo Maldini
Umutaliyani
Paolo Cesare Maldini wakiniye Milan Ac n’ikipe y’igihugu y’u Butaliyani ni we
dusanga ku mwanya wa cyenda. Yafashije Milan AC gutwara ibikombe byinshi
twavuga nka Serie A 7, Champions league 5, UEFA Super Cup 4, FIFA World Cup 1 n’ibindi
byinshi bitandukanye. Ku giti cye nk’umukinnyi yatwaye ibihembo bitandukannye
nka Ballon d’or ebyiri, Bravo award n’ibindi byinshi.
8. Ronaldo “El Phenomenon”
Umunya
Brezil Ronaldo Luís Nazário de Lima ni we dusanga ku mwanya wa munani benshi
bamuzi nka gifaru, uyu mugabo wakinaga asatira izamu benshi bamumenye kubera
gutsinda ibitego byinshi. Yakiniye amakipe menshi atandukanye nka FC Barcelona,
Internazionale de Milano, Milan AC na Real de Madrid n’andi y’iwabo. Kubera
ubuhanga budasanwe yari afite yafashije amakipe yakiniye gutwara ibikombe
byinshi nka UEFA CUP yatwaye muri Barcelona no muri Intel de milan na La liga
muri Real de Madrid. Yanafashije ikipe ye y’igihugu kwegukana igikombe cy’isi mu 1994 na 2002 ndetse na copa America mu 1997 no mu 1999 hamwe na FIFA Confederation
Cup mu 1997. Ku giti cye yatwaye ibihembo byinshi twavuga nka Ballon d’or
ebyiri, 0nze d’or ebyiri, Bravo award ebyiri n’ibindi.
7. Alfredo di Stéfano
Umunya
Argentine Alfredo di Stefano ni we dusanga ku mwanya wa karindwi. Ikintu azwiho
gitangaje ni uko yakiniye amakipe y’ibihugu bitatu mu gihe abandi bakinira
kimwe (Argentina, Colombia, Spain).Yakiniye amakipe menshi ariko iyo yakoreyemo
ibitangaza ni Real de Madrid aho yatwaranye nayo La liga umunani, Champions
league eshanu. Ku giti cye nk’umukinnyi yatwaye Ballon d’or ebyiri n’ibindi
bitandukanye.
6. Zinedine Zidane
Umukinnyi w'umufaransa wagacishijeho mu mu mupira w'amaguru, wakinaga nka nimero 10 mu kibuga mu ikipe y'igihugu y'u Bufaransa akaba yaraciye mu makipe nka Cannes, Bordeaux, Juventus na Real Madrid ubu abereye umutoza. Yatowe nk'umukinnyi mwiza ku mugabane w'uburayi na UEFA Golden Jubilee Poll mu myaka mirongo itanu ishize.
Yakinnye umukino wa
mbere mu ikipe y'igihugu taliki ya 17 Kanama 1994, mu mukino wa gicuti wahuzaga
France na Czech Republic aho yinjiye mu
kibuga asimbura agafasha ikipe ye kunganya ibitego 2-2 nyuma yo gutsinda
ibitego bibiri wenyine. Mu makipe yose yanyuzemo yayafashije kwitwara neza
yegukana ibikombe atibagiwe n’ikipe y’igihugu yafashije gutwara igikombe cy’isi
mu 1998. Ku giti cye yegukanye ibihembo byinshi twavugamo nka Ballon d’or
ebyiri, Onze d’or eshatu na FIFA world player w’umwaka inshuro eshatu.
5. Johan Cruyff
Johan Cruyff
ukomoka mu gihugu cy’u Buhorandi ni we dusanga ku mwanya wa gatanu, azwiho kuba hari
icenga ryamwitiriwe ndetse anazwiho kuba ari we wazanye icyitwa Total
football. Yakiniye amakipe nka Ajax yatwariyemo shampiyona umunani na European
cup, Champions league eshatu ndetse na Barcelona batwaranye La liga 4 na Champions
league 1 kandi yanafashije ikipe y’igihugu ye kwegukana ibikombe binyuranye
birimo igikombe cy’isi mu 1974 hamwe na UEFA European championship muri
1976. Ku giti cye yatwaye Ballon d’or eshatu, yabaye umukinnyi mwiza w’umuhorandi
inshuro eshatu.
4. Diego Marado
Ku mwanya wa
kane turahasanga umunya Argentine Diego Armando Maradona, uyu azwiho gutsinda
ibitego byinshi byuzuye ubuhanga buhanitse kandi yanahesheje Argentine igikombe
cy’isi iheruka. Maradona yakiniye amakipe menshi akomeye iburayi nka Barcelona,
Napoli, Sevilla ndetse n'ay'iwabo nka Boca Juniors na Old boys ari nako
atwaramo ibikombe bikomeye kuko nka Napoli yahatwariye shampiyona ebyiri na Champios league imwe. Kubera ubuhanga bwe budasanzwe uyu mugabo yagiye
yegukana ibihembo byinshi birimo Ballon d’or, Guerin d’or n’ibindi.
3. Cristiano Ronaldo
Ku mwanya wa
gatatu tuhasanga umunya Portugal Cristiano Ronaldo. Uyu mugabo yakiniye amakipe
menshi akomeye ku mugabane w’uburayi nka Manchester United, Real de Madrid na
Juventus ariko ayafasha kwitwara neza haba imbere muri shampiyona ndetse no
ku ruhando mpuzamahanga kuko yatwaranye na Real Madrid Champions league enye banakorana
agahigo ko kuyitwara inshuro eshatu (3) bikurikiranya. Kandi yanahesheje ikipe
ye y’igihugu igikombe cya Euro mu 2016 ndetse na UEFA Nations League (2018-2019).
Kubera ubuhanga afite budasanzwe mu guconga ruhago byatumye yegukana amagana
y’ibihembo twavuga nka Ballon d’or eshanu, UEFA Best Player Award eshatu n’ibindi
byinshi.
2. Lionel messi
Ku mwanya wa
kabiri turahasanga umunya Argentine kabuhariwe Lionel Messi. Kugeza ubu uyu
mugabo yakiniye ikipe imwe yonyine FC BARCELONA ayifasha gutwara ibikombe
byinshi cyane nka Champions league enye, La liga icumi, FIFA club world cup
eshatu, Copa del rey esheshatu n’ibindi. Kubera ubuhanga budasanzwe mu gucenga
abo bahanganye no gutsinda umunzenze w’ibitego ubudasiba byatumye yegukana
amagana y’ibihembo nka Ballon d’or esheshatu, FIFA the best imwe kandi yatowe
nk’umukinyi wa La liga inshuro icyenda.
1.Pele
Ku mwanya wa
mbere turahasanga umunya Brezil Edson Arantes do Nascimento wamenyekanye nka Pele
mu ruhando rw’umupira w’amaguru. Uyu mugabo wakinnye umupira kera, yarabicaga
bigacika kubera ubuhanga butangaje bwo gutwara umupira. Igitangaje kuri Pele ni
uko nta kipe yo ku mugabane w’iburayi yigeze akinira kuko yakiniye Santos
y'iwabo yafashije gutwara ibikombe makumyabiri na bitandatu mu marushanwa yose
bakinnye. Kandi yakiniye na New York Cosmos yo muri Amerika. Yafashije ikipe
y’igihugu ya Brezil gutwara ibikombe by’isi bitatu harimo bibiri byikurikiranya
icyo mu 1958 no mu 1962. Kubera ubuhanga mu guconga ruhago yari afite yegukanye
ibihembo byinshi nko kuba we na Maradona baratowe na FIFA nk’abakinnyi
b'ikinyejana cya 19, kandi afite agahigo ko kuba ari we mukinnyi umaze gutsinda
ibitego byinshi 1281.
TANGA IGITECYEREZO