Xavi Hernandez wagiriye ibihe byiza i Catalonia ubwo yakinaga muri FC Barcelone, agatwarana nayo ibikombe hafi ya byose bikomeye ku isi inshuro zirenze imwe, mu minsi micye ashobora gutangazwa nk’umutoza mushya wa FC Barcelone, agasimbura Ernesto Valvelde utagifitiwe icyizere na gicye n’ubuyobozi bw’iyi kipe.
Amakuru
ava i Catalonia aravuga ko nyuma y’aho ikipe ya FC Barcelone itsindiwe na
Atletico Madrid ibitego 3-2 mu mukino wa ½ muri Super Cup de Espagna, ubuyobozi
bw’iyi kipe bwahise bujya gushaka igitaraganya Xavi Hernandez barahura, bumusaba ko yabasinyira amasezerano y’imyaka
ibiri n’igice, akaba umutoza mukuru wa FC Barcelone izwi nka Blaugrana.
FC
Barcelone irashaka guhambiriza Ernesto Valverde utagitanga umusaruro wifuzwa n’ubuyobozi
ndetse n’abafana b’iyi kipe, ikamusimbuza Xavi Hernandez wakiniye iyi kipe akabahesha ibikombe bitandukanye
ku isi.
Barcelone
irashaka gutera ikirenge mu cya mukeba wayo, Real Madrid ndetse n’andi makipe
atandukanye i Burayi, aho muri iyi minsi ari kwirukana abatoza bayo yarangiza akagirira
icyizere abahoze ari abakinnyi bayo mu minsi yashize, bataranagira
ubunararibonye buhambaye mu mwuga w’ubutoza, ariko ugasanga umusaruro
bawutanga, urugero nka Real Madrid, Chelsea FC, Manchester United na Arsenal.
Umuyobozi
w’imikino muri FC Barcelona, Eric Abidal na CEO Oscar baganiriye na Xavi utoza AL
Sadd yo muri Qatar bagirana ikiganiro cy’amasaha 2 cyo kumuha akazi ko kuba
umutoza mukuru w’iki kigugu, mu kiganiro Xavi ntiyajijinganyije cyangwa ngo
arye indimi, yaberetse ibyo akeneye byamufasha kwitwara neza nk’umutoza wa FC
Barcelona, maze bamwizeza ko ubufasha bwose azakenera ari i Catalonia
azabuhabwa.
Xavi
Hernandez aramutse yemejwe nk’umutoza mukuru wa FC Barcelona azaba ahigitse
umubare munini w’abatoza batandukanye abarimo Ronald Koeman, Roberto Martinez na
Thierry Henry bahabwaga amahirwe yo gutoza FC Barcelone.
Ubuyobozi
bw’ikipe ya Al-Sadd Xavi atoza,bwavuze ko aya makuru atabatungura ariko ngo
ntayo bazi ndetse ngo uyu mutoza ashishikajwe no guhesha insinzi ikipe,
aherutse kugeza mu mikino ya ½ muri Champions League ku mugabane wa ASIA, ariko
aza gusezererwa na AL HILAL FC.
Inkuru
yo guha akazi Xavi yatunguye benshi mu bafana ba FC Barcelona aho bamwe bavuga
ko nta bunararibonye afite bwo kuyobora iyi kipe itameze neza muri iyi minsi.
Xavi
Hernandez yakinnye muri FC Barcelone igihe kirekire hati y’umwaka wa 1997-2015,
atwarana nayo ibikombe 23 bitandukanye kandi bikomeye ku isi, aza kuhava yerekeza muri Qatar mu ikipe ya AL Sadd muri
2015, nyuma ahita anayibera umutoza muri
2019 nyuma y’imyaka ine yaramaze ayikinira.
Xavi Hernandez ashobora gusubira muri Barcelona nk'umutoza
Xavi afite amateka akomeye i Catalonia muri FC Barcelona
Ibinyamakuru bitandukanye biri kumwandikaho ijoro n'amanywa
TANGA IGITECYEREZO