Umunya-Argentine wahoze atoza ikipe y’igihugu ya Misiri, Hector Cuper ni we ushobora kuba umusimbura wa Kwesi Appiah uherutse gutandukana n’ikipe y’igihugu ya Ghana kubera umusaruro utari mwiza yagaragaje. Ibi bije nyuma y'uko Hector Cuper yisabiye ko aramutse ahawe gutoza Black stars, yabyaza umusaruro ayo mahirwe.
Alejandro
Camano ushizwe gushakira imirimo (Agent) uyu mutoza yemereye ikinyamakuru footballmadeinghana.com
cyandikirwa muri Ghana ko umukiriya we yifuza guhabwa amahirwe yo gutoza Black
stars ya Ghana, kandi ko ahawe icyizere kitaraza amasinde.
Yagize ati”Hector Cuper nta kazi afite kuri ubu, yiteguye gutoza Black Stars igihe cyose yahabwa ayo mahirwe”. Cuper wahesheje igihugu cya Misiri itike yo gukina irushanwa ry’igikombe cy’isi mu mwaka wa 2018, ryabereye mu Burusiya. Iki gihugu kikaba cyari kimaze imyaka 28 kitarikandagiramo, ngo yaba ari amahitamo meza ku gihugu cya Ghana gikeneye umutoza ukomeye kandi ufite ibigwi bigaragara mu mupira w’amaguru.
Camano
akomeza avuga ko Black stars ari ikipe ikomeye cyane kandi ikeneye umutoza
uhuye n’intego z’iyi kipe, avuga ko Hector Cuper ari umutoza ufite imishinga y’igihe
kirekire, kandi ko ahawe akazi ko gutoza
Ghana yakubaka ikintu gikomeye cy’ingirakamaro mu mitima y’abanye-Ghana nkuko
yabigenje mu gihugu cya Misiri.
Hector
Cuper w’imyaka 64 y’amavuko, ni umutoza ufite ibigwi bifatika mu mupira w’amaguru’
bigendanye n’amakipe atandukanye yatoje, kuko yabaye umutoza wa Parma, Inter
Milan, Valencia, Real Mallorca, Real Betis n’andi makipe atandukanye.
Akaba kandi yaratoje amakipe y’ibihugu atandukanye, arimo Misiri aherukamo, Georgia naUzbekistan. Akazi ko gutoza ikipe y’igihugu ya Ghana karavugwamo abatoza batandukanye, barimo umwenegihugu Sellas Tetteh ndetse na Mohammed polo.
Ni
nyuma yuko Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Ghana (GFA) ryafashe icyemezo
gikomeye cyo kwirukana abatoza bose b’amakipe y’igihugu y’abagabo n’ay’abagore,
barimo uwari umutoza mukuru wa Black stars Kwesi Appiah, kuri ubu hakaba hari
gushakwa umusimbura.
Hector Cuper watoje amakipe akomeye i Burayi afite amahirwe menshi yo gutoza Black Stars
Cuper yafashije Misiri kujya mu gikombe cy'isi 2018, nyuma y'imyaka 28
Couper watoje Inter de Milan ashobora gutoza Black Stars
TANGA IGITECYEREZO