RFL
Kigali

Menya ibintu 10 bituma isakoshi z’abagore zihora ziremereye

Yanditswe na: Clementine Uwiringiyimana
Taliki:9/01/2020 7:15
0


Byashoboka ko waba warigeze kubaza umukobwa cyangwa umugore ikiri mu isakoshi ye. Abenshi basubiza mu ijwi ryiza ryuje ikinyabupfura bati ‘Ni udukoresho tw’ibanze’



Hari n’abajya batebya ngo ntibatwaza abakunzi babo amasakoshi batariye kuko ngo aba aremereye cyane. Muri iyi nkuru turakugezaho ibintu 10 by’ingenzi bikunze kugaragara mu masakoshi y’abagore ari nabyo bituma aba aremereye.

 

 1. Indorerwamo

Amasakoshi y’abagore nka 98% aba arimo indorerwamo. Akenshi bazikoresha bareba ko ibyo bisize byabashizeho cyangwa bakeneye kongera kwisiga igihe bari ku rugendo. Abagore bakunda kwireba ku buryo na bake batagendanye indorerwamo mu masakoshi baba bafite terefone zifite ubushobozi bwo kuba yabasha kuyikoresha akireba.

 

2. Amavuta n’imibavu

Abagore benshi bakunda kugendana amavuta yo kwisiga cyangwa imibavu yo kwitera. Uzasanga abagabo bari kumwe n’igitsinagore ku rugendo bashobora gukaraba bakavuga bati 'nimuzane amavuta twisige'. Abivuga kuko aba azi ko muri abo bagore abenshi batabura amavuta mu masakoshi yabo.

 

3. Amavuta yo ku munwa

Abagore baba bashaka ko iminwa yabo ihora ihehereye ni yo mpamvu bakunda kugendana aya mavuta mu masakoshi yabo. Akenshi uzayasanga yegeranye n’indorerwamo kuko iyo agiye gukoreshwa biragendana.

 

4. Impapuro zo mu bwiherero

Niba ujya wibaza impamvu impapuro zawe zo mu bwiherero zikunze gushira iyo umukunzi wawe yagusuye, impamvu ni uko abakobwa benshi barazikata bakazishyira mu masakoshi. Bakunze kuzikoresha nk’iyo bahanagura ibirungo baba bisize bikaba byinshi haba ku minwa cyangwa mu ngohe n’ahandi.

 

5. Uburoso bw’ingohe

Igitsinagore bakunda gusokoza ingohe ku buryo atabura kugendana bene ubu buroso mu isakoshi ye. Hari abatayitwara kuko wenda yitwaje agasakoshi gato uburoso bukaba burebure ntibukwirwemo ariko nta yindi mpamvu yatuma abusiga.

 

6. Amafaranga

Impamvu abagore bakunda kugendana amafaranga mu masakoshi ni uko bakunda kugura utuntu twa hato na hato bityo bigatuma akenera amafaranga kenshi mu rugendo rwe.

 

7. Amakarita aba ariho ibiranga umukozi

Amakarita aranga abakozi (Business cards) usanga yuzuye mu masakoshi y’igitsina gore akenshi usanga 90% ari ay’abagabo. Aya makarita aba ariho amazina ya nyirayo, nimero za terefone, Email n’indi myirondoro nkenerwa.

 

8. Imfunguzo

Byashoboka ko ziba ari izifungura ku mazu y’abasheri babo cyangwa izabo bwite ariko abagore bakunda kuba bafite imfunguzo mu masakoshi yabo. Hari n’ababa bafite nyinshi ku buryo wakwibaza niba zose zifite aho zifungura.

 

9. Telefone

Abagore benshi bakunda kwishimira kumva terefone zabo zimaze akanya zisona bityo bagakunda kuzibika kure kugira ngo nisona aze kumara akanya ayikura mu isakoshi.

 

10. Ibirungo by’ubwiza

Ntabwo bikunze kubaho ko hari umugore wagenda adashyize ibirungo by’ubwiza mu isakoshi kuko abenshi bakunda kwisiga cyane agahora yongera kuvugurura ibyo yisize mu masaha yakare.

 

Byashoboka ko uzi abagore batagendana ibi tuvuze. Bene aba bagore babaho nabo akaba adakunda kwisiga ikindu na kimwe kirenze amavuta, akaba atanakunda kugendana amasakoshi keretse gusa igihe yumva akoze urugendo rwa kure cyane. Abagore nk’aba usanga banafite imico ya gisore cyane ariko igitsinagore abenshi bagendana amasakoshi ibi bintu ntibikunda kubura muri yo.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND