RFL
Kigali

Amateka ya Lil Wayne winjiye muri Cash Money afite imyaka 13 y'amavuko (Igice cya mbere)

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:5/01/2020 11:20
1


Dwayne Micheal Carter JR, ni yo mazina ye yabwite. Yavutse tariki 27 Nzeli, 1982. Yamenyekanye nka Lil Wayne, ni Umunyamerika w'umuraperi, umwanditsi w'indirimbo , umucuruzi , akaba n'umukinnyi wa filimi. Uyu munsi twabateguriye amateka ye ni Lil Wayne azabageraho mu bice.



Impano ya Lil Wayne yo kuririmba yavumbuwe mu 1996 , icyo gihe yari afite imyaka 13 gusa y'amavuko, ni nabwo yavumbuwe na Birdman ahita anamushyira mu nzu yatunganyaga umuziki yitwa Cash Money Records aba umuhanzi w'umwana muri iyo nzu.

Lil Wayne yaje kwihuza n'itsinda ryitwaga Southern Hiphop (Hot Boys) ryabarizwaga muri Cash Money yari ifite umuhanzi Lil Wayne n'abandi nka Juvenile ndetse na Turk. Mu 1997 aka gatsiko kitwaga Hot Boys Lil Wayne yari yiyunzeho kasohoye umuzingo wa mbere kawita ngo ' Get it How you Live' mu mwaka umwe itsinda rihita rigafata muri Amerika n'ahandi ku isi rihita rinashyira hanze undi muzingo ryise ngo  'Guerrilla Warefare' mu 1999 n'indi ndirimbo bise ngo 'Bling Bling'.


Lil Wayne ni we muhanzi wari ukomeye muri Cash Money kuva icyo gihe kugeza muri 2018 ubwo uyu muhanzi yasesaga amasezerano yari afitanye na Cash Money yaje no gukurura inzangano zikomeye tuzarebera hamwe. Lil Wayne yashyize hanze umuzingo we wambere (Album) mu 1999 ariwo 'The Block is Hot' , akurikizaho 'Light Out' muri 2000 na 500 Degreez.

Lil Wayne yubatse izina rikomeye atangira no gukundwa cyane nyuma yo gusohora umuzingo we wakane yitiriye izina rye 'Tha Carter yasohotse muri 2004 ahita asohora indirimbo nshya yise ngo ' Soldier yafatanyije na Destine Child muri uwo mwaka wa 2004. Uyu muhanzi wari umaze kwigarurira imitima y'abatari bake ku isi yose yakurikije ho Album yindi nayo yitiriye izina rye 'Tha Carter II yasohotse muri 2005 yaje no gushyirwa mu marushanwa muri 2008 Tha Carter II irakundwa kugeza ubwo yatwaye GRAMMY AWARDS nka Best Rap Album binyuze mu ndirimbo zari zirimo nka 'Lollipop, Amilli niyo yise ngo ' Got Money'.

Nyuma y'iyo mizingo Lil Wayne yashyize hanze muri iyo myaka, nyuma yahise yigira inama yo gukora undi muzingo yise ngo ' Rebirth' yasohotse muri 2010. Mu kwezi kwa kane muri 2010 Lil Wayne yakatiwe amezi umunani nyuma yo gushinjwa icyaha cyo gucuruza intwaro afungirwa muri Leta ya New York. 

Umuzingo we wa munani Lil Wayne yawise ngo ' IAM NOT HUMAN BEING'  yakurikiwe na Tha Cartee IV yagurishijwe amakopi 964,000 mu cyumweru kimwe, aha twahita twibaza ngo mbese abahanzi bacu hano mu Rwanda ibyabo mu kugurisha amakopi y'indirimbo zabo bihagaze gute?. Muri uyu muzingo harimo indirimbo nyinshi nka ' 6 Foot 7 Foot, How to Love na She Will'. Muri 2012 Lil Wayne yabaye umuhanzi wa mbere waciye agahigo ko kugira indirimbo nyinshi zakunzwe kuri BillBoard Hot charts aho yari afite izigera kuri 109.

Lil Wayne yasohoye umuzingo we wa 12 Tha Carter V muri 2018 akerewe cyane.Gusa Tha Carter V yagurishijwe amakopi 480,000 mucyumweru cyambere isohotse.Lil Wayne yagurishije ibihangano bisaga Miliyoni 120 ku isi yose birimo Miliyoni 15 za Albums n'indirimbo Miliyoni 32 yagurishije muri Leta ya Amerika, byaje kumugira umuhanzi wagurishije indirimbo nyinshi ku isi kandi w'ibihe byose.

Lil Wayne kuri ubu ni CEO w'inzu itunganya indirimbo yitwa Young Money Entertainment.Uyu munsi twibanze kumizingo uyu muhanzi yasohoye tubasezeranya ko ubutaha tuzarebera hamwe amateka ya Lil Wayne mbere ya Muzika uko yari abayeho nuko yinjiye muri muzika, turabashimiye.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Nzabirinda Thierry1 week ago
    Amakuru mashya ya Lil wayne





Inyarwanda BACKGROUND