Umutoza mushya w’ikipe ya Arsenal Mikel Arteta yatangiye umwaka wa 2020 neza, ahesha Arsenal amanota 3 ya mbere mu mikino 3 yatoje kuva yagirwa umutoza w’iyi kipe, ubwo yatsindaga Manchester United ibitego 2-0 , abafana b’iyi kipe yiyitirira abarashi, bashimangira ko ari we mutoza ubereye ikipe yabo.
Ni
umukino waranzwe n’ishyaka ridasanzwe ku ruhande rw’abakinnyi ba Arsenal, dore
ko bakinnye neza umukino wose, bakoresha imbaraga nyinshi mu kuzibira no
guhagarika ubusatirizi bwa Manchester United, ndetse bakanakoresha ubwenge
n’imbaraga nyinshi basatira, byaje kubaviramo umusaruro mwiza wo kwegukana
amanota atatu mu mukino wari ukomeye,
babifashijwemo na Nicolas Pepe ndetse na Sokratis batsindiye iyi kipe.
Arsenal
yari imaze igihe kinini idakina neza, nta morale abakinnyi bafite ndetse ugasanga mu bakinnyi harimo umwuka
utari mwiza hagati yabo, by'umwihariko kuri Ozil na Xhaka, nyuma yo gutakaza imikino myinshi,
ariko muri uyu mukino wabonaga byinshi byahindutse nubwo yatangiye umukino
irushwa na Manchester United ariko mu minota micye irayigaranzura itangira
kuyirusha.
Ku
munota wa 8 w’umukino, Aubameyang yazamukanye umupira awuhereza Kolasinac nawe
awuhindura mu rubuga rw’amahina ukora ku kuguru kwa Daniel James bituma usanga
Nicolas Pepe aho yari ahagaze awushyira mu nshundura, ahagurutsa imbaga
y’abafana ba Arsenal.
Iyi
kipe yakomeje gukina neza binyuze ku bakinnyi bayo bakina mu kibuga hagati
barimo Torreira na Xhaka bageragezaga guhererekanya neza mu kibuga no gukinisha
bagenzi babo, byatumye abakinnyi ba Manchester United batangira guhuzagurika ari nako bakora
amakosa menshi mu kibuga, hari nk’ikosa rikomeye De Gea yakoze ubwo yaherezaga
umupira Pepe, awuteye ugarurwa n’igiti cy’izamu.
Ku
munota wa 42 Arsenal yatsinze igitego cya kabiri cyatsinzwe na Sokratis nyuma
ya koroneri yatewe na Pepe, Lacazette ashyiraho umutwe, De Gea awukuramo
wikubita ku mugongo wa Lindelof uhita usanga uyu myugariro w’Umugereki
awushyira mu izamu. Amakipe ajya mu karuhuko Arsenal iyoboye ku ntsinzi
y’ibitego 2-0.
Igice
cya kabiri cyaranzwe no gukina neza kwa Manchester United yagerageje kugumana
umupira kurusha mu gice cya mbere, isatira izamu rya Arsenal ariko abakinnyi ba Arsenal
bahagarara neza birinda kwinjizwa igitego. Iminota 90 y’umukino yarangiye Arsenal yegukanye amanota atatu, ku ntsinzi y’ibitego 2-0.
Nyuma
y’umukino humvikanye amajwi menshi y’abafana ba Arsenal bashimagiza Arteta,
bavuga ko ariwe mutoza ubereye ikipe yabo kandi ko ariwe bari bakeneye kuva na
mbere.
Gutsinda
uyu mukino byafashije Arsenal yari ku mwanya wa 13 ifite amanota 24, kuzamuka
ku rutonde rwa shampiyona aho yahise ijya ku mwanya wa 10 n’amanota 27 mu gihe
Manchester United iri ku mwanya wa 5 n’amanota 31.
Arsenal
iragaruka mu kibuga kuri uyu wa Gatandatu, ubwo izaba yagiye ku kibuga cya Crystal
Palace saa 14:30 mu gihe kuri uwo munsi Manchester
United izakira Norwich saa 17:00.
Dore uko indi mikino yarangiye
Tottenham
0-1 Southampton
Chelsea
1-1 Brighton
Manchester
City 2-1 Everton
Leicester
City 3-0 Newcastle
Sokratis atsinda igitego cya kabiri cya Arsenal
TANGA IGITECYEREZO