Ubusanzwe gutangaza urupfu ariko umuntu yibeshye ni ibintu bibi cyane ko biba bishyira ikiremwamuntu mu kaga, birashoboka ko watangaza ko umuntu yapfuye kandi atarapfa bikaza kurangira apfuye koko kubera uburangare.
Ibi ni byo byabaye ku mubyeyi uvuga ukuntu yatangarijwe urupfu rw’umwana we w’amezi arindwi kandi ari muzima. Uyu mwana n'ubundi bivugwa ko yari arwaye, bamujyana kwa muganga, ibitaro bitangaza ko umwana yapfuye gusa Ivis Montoya ari we nyina usanzwe utuye muri San Pedro Sula muri Honduras, aza kubona ko umukobwa we ari muzima.
Aka kana k’agakobwa kitwa Keilin Johanna Ortiz
Montoya kari gafite amezi arindwi gusa byavugwaga ko karwaye impiswi bigeraho
kabura amazi mu mubiri ubundi gasesa n’ibintu ku mubiri.
Ubwo kari kamaze iminsi itatu mu bitaro by’i Villanueva,
abaganga baje kuvuga ko kapfuye, icyo gihe nyina yarabyakiriye yakira urupapuro
rwerekana urupfu rw’umwana ubundi amujyana mu rugo kugira ngo amusezereho bwa
nyuma.
Kuko uyu mubyeyi atari afite amikoro yo kugura
isanduku y’umwana, bamujyanye mu rusengero bamurambika ku ntebe kugirango
bamusezereho, ibintu twakwita nk’amahirwe kuko umwana arambitse ku ntebe nibwo
nyina yaje kubona ko agihumeka, iyo baza kuba baramushyize mu isanduku aba
araheze umwuka burundu agapfa
Umubyeyi akimara kubona ko akana ke ari kazima
yahitse akirukankana kwa muganga barongera baragafasha ariko gakomeza kubaho
Src: dailymail
TANGA IGITECYEREZO