Umudage utoza ikipe ya Liverpool yo mu Bwongereza Jargen Klopp, nyuma yo kwisasira Wolves kuri iki cyumweru mu mukino wa shampiyona y’u Bwongereza, yatangaje ko ikipe ye iri mu nzira yo gukuraho agahigo gafitwe na Arsenal mu mwaka wa 2004, ko gusoza shampiyona ikipe idatsinzwe umukino n’umwe kandi ngo birashoboka.
Ikipe
ya Liverpool ishaka kwegukana igikombe cya mbere cya English Premier League mu
myaka 30, irifuza kugitwara idatakaje umukino n’umwe nk’uko byagenze mu mwaka
wa 2004 ubwo Arsenal yatwaraga igikombe idatsinzwe umukino n’umwe mu mikino 49
yose.
Liverpool
yagize umwaka w’imikino mwiza, ubwo yegukanaga Champions League yari inyoteye
cyane, ikaba kandi intego yayo ari ugutwara igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza
baheruka mu myaka 30 ishize.
Liverpool
yatangiye neza uyu mwaka w’imikino, dore ko kugeza kuri ubu itaratsindwa
umukino n’umwe mu mikino 19 bamaze gukina, aho batsinze imikino 18 banganya
undi mukino umwe. Iyi kipe iyoboye urutonde rwa shampiyona y’u Bwongereza n’ubwo
ifite umukino w’ikirarane, ikaba ifite amanota 55, igakurikirwa na Leichester
City irushwa amanota 13 kandi yo yarakinnye imikino 20.
Klopp
abajijwe niba koko abona bishoboka ko yatwara igikombe adatsinzwe umukino n’umwe,
yagize ati”Ntekereza ko ndi muri
Dortmund twatsinze imikino 28, byari umwihariko gusa ariko biterwa n’ibihe
ikipe iba irimo. Ndi umuntu ukunda intsinzi, ku buryo mbere y’umukino mba numva
turi butsinde, ibyo mbishyira mu bakinnyi ko tugomba gutsinda, ariko hari igihe
ibyo wapanze bitaguhira, icyo gihe ndababara”.
“Mfite
umugisha, mfite ikipe nziza cyane pe! Ntabwo narondora byose gusa mbabwira ko
batagomba kurangara, ahubwo bagomba kwita ku kazi bariho, kandi barabikora.
Dufite abakinnyi benshi bafite ubuhanga butandukanye, buri wese usanga yerekera
mugenzi we uko bikorwa, bagakosorana, ntekereza ko ntacyo tutageraho nka
Liverpool”.
Liverpool
nyuma yo kwisasira Wolves, izagaruka mu kibuga tariki 02 Mutarama 2020, ikina
umunsi wa 21 muri shampiyona y’u Bwongereza ubwo bazaba bakiriye Sheffield
United ku kibuga Anfield, mbere y’iminsi itatu ngo besurane na Everton muri
Merseyside derby, mu irushanwa rya FA Cup.
Sadio Mane yafashije Liverpool kubona intsinzi ku mukino wa Wolves
Nyuma yo gutsinda Wolves, Liverpool yakomeje kurusha Leicester City ya kabiri amanota 13
Liverpool irasatira igikombe cya shampiyona imaze imyaka 30 igihiga yarakibuze
TANGA IGITECYEREZO