Umuhanzi Mushimiyimana Samuel ubarizwa i Rubavu muri ADEPR Mbugangali, umudugudu wa Bethany umaze gukora indirimbo 18 z'amajwi n'indirimbo 10 z'amashusho, kuri ubu yamaze gushyira hanze indirimbo yise 'Imana ubwayo' irimo ubutumwa busaba abantu kubwirana ibyururutsa imitima.
Mushimiyimana Samuel akora umuziki mu ntego yo 'kwamamaza ubutumwa bwiza bwa Kristo, guhumuriza ababaye no gufasha abakene'. Asobanurira InyaRwanda.com ubutumwa buri mu ndirimbo ye 'Imana ubwayo', yagize ati "Ubutumwa burimo ni uko dukwiriye kwikomeza tukabwira abantu ibyururutsa imitima kuko uhoraho yibutse abantu kandi ko umuntu wese wababariye muri iyi nzira y'agakiza akihangana Imana ubwayo imanukiye kumutabara."
Mushimiyimana Samuel umuhanzi ukorera umuziki mu karere ka Rubavu
TANGA IGITECYEREZO