RFL
Kigali

Amatsiko ku kari mu nda y'Isi y'imyidagaduro mu mwaka wa 2020

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:27/12/2019 14:28
0


Iminsi isigaye irabarirwa ku ntoki z’ikiganza kimwe ngo umwaka wa 2019 tuwutere ishoti twinjire muri ‘Vision 2020’ umwaka ufite igisobanuro gikomeye ku banyarwanda.



Ni umwaka igihugu cyari cyarihayemo intego yo kugera ku iterambere ntanyeganyezwa, kandi ibikorwa birivugira. Uretse igihugu hari n’abantu benshi bari barihaye intego zitandukanye bagendeye kuri 2020.

Muri uyu mwaka wa 2020 uri gukomanga, mu myidagaduro by’umwihariko umuziki hari byinshi mfitiye amatsiko bishobora kuzawubamo.

Riderman arareka umuziki?


Umuhanzi Gatsinzi Emery wamamaye nka Riderman mu njyana ya Hip Hop amaze imyaka irenga 10 ari mu bahanzi bitamirije igikundiro mu bantu b’ingeri zose.

Yegukanye ibikombe byinshi birimo na PGGSS III yamuhesheje miliyoni 24, nta gitaramo gikomeye na kimwe gishobora kubera mu Rwanda ntakigaragaremo ku buryo yinjiza amafaranga atari make ayakesha imirongo yiganjemo isubirajwi.

Hashize imyaka ibiri atangaje ko umwaka wa 2020 ari wo azahagarikiraho kuririmba akajya mu bindi. Muri uyu mwaka azaba yujuje imyaka 35 y’amavuko na 15 mu muziki.

Ni icyemezo abantu benshi batiyumvusha ko Riderman azagishyira mu bikorwa bitewe n’imbaraga n’igikundiro afite. Bemeza ko haba hakiri kare cyane kuri uyu mugabo wiyita umugaba mukuru w’Ibisumizi.

Mu mpera z’uyu mwaka yari kumurika alubumu yise “Kimirantare” ariko ntibyashoboka akaba ateganya kugikora muri Gashyantare cyangwa Werurwe 2020 binashoboka ko ari nabwo azamara amatsiko abibaza niba koko azava mu muziki.

Oda Paccy azarongorwa?

Uzamberumwana Oda Paccy ni umwe mu bakobwa b’abaraperi bamaze igihe mu muziki wo mu Rwanda. Kuva yatandukana Lick Lick babyaranye mu 2011 nta wundi mukunzi we uramenyekana.

Oda Paccy winjiye mu bijyanye no gutunganya amajwi n’amashusho binyuze muri label ye ya Empire Records, aherutse gutangariza INYARWANDA ko umwaka wa 2020 uzarangira nawe avuye mu bukobwa agashinga urwe n’ubwo kugeza ubu uwo bazabana ataramenyakana.

Safi arajya gutura muri Canada?


Safi Madiba ni umuhanzi usoje umwaka wa 2019 adahagaze nabi mu kibuga cya muzika. Uyu mugabo wa Judithe Niyonizera utuye muri Canada aherutse kwirukanwa muri label ya The Mane nyuma yo gushinjwa kurenga ku masezerano bagiranye.

Safi watangije inzu ye y’umuziki yise “Ni ukuri Music” biravugwa ko mu mwaka utaha wa 2020 azava ku butaka bw’u Rwanda akajya gutura muri Canada akabana n’umugore we umunsi ku munsi. 

Kugeza ubu ngo ibyangombwa byari byarabuze byamaze kuboneka, Safi Madiba ashobora kwerekeza muri Canada nk’uko bivugwa.

Bushali azakatirwa cyangwa abe umwere?


Umuraperi Bushali usoje umwaka wa 2019 akunzwe na benshi mu Rwanda yatawe muri yombi tariki 18 Ukwakira 2019 ari kumwe na mugenzi we Slum Drip n’abandi bakobwa babiri.

Aba bose basanzwe mu rugo ruri mu Murenge wa Nyakabanda mu Mujyi wa Kigali aho byakekwaga ko bari kunywa urumogi. Barafunzwe bakatirwa iminsi 30 y’agateganyo barajurira urukiko rwemeza ko bafungurwa bakaburana bari hanze.

Basohotse muri Gereza ya Mageragere ku wa 05 Ukuboza 2019. Umwaka wa 2020 uzasiga urubanza rwabo rurangiye, bagizwe abere cyangwa se bahamwe n’icyaha.

Kim Kardashian i Kigali?


Kim Kardashian ni umwe mu bagore b’ibyamamare ku Isi. Ni umugore w’umuhanzi Kanye West umwe mu bafite agatubutse kurusha abandi.

Kim Kardashian byitezwe ko umwaka wa 2020 azaza mu rw’imisozi igihumbi ubwo azaba yitabiriye umuhango wo gutaha ku mugaragaro hoteli Marasa Umubano yahoze ari Novotel Umubano.

Kim Kardashian ukurikirwa n’abantu basaga miliyoni 155 kuri twitter ni ku nshuro ya mbere azaba aje mu Rwanda. Mu mwaka ushize we n’umugabo we Kanye West basuye Uganda.

Dream Boys ku ndunduro?


Hamaze iminsi havugwa umugambi wo gutandukana hagati y’abagize itsinda rya Dream Boys, aho bivugwa ko TMC azajya gukomeza amasomo y’ikirenga hanze y’u Rwanda mu gihe Platini azahita atangira gukora umuziki ku giti cye.

Bigenze bitya, Dream Boys yahita ijya ku rutonde rw’andi matsinda yahindutse amateka mu muziki wo mu Rwanda. Umwaka wa 2020 usize itsinda rya Dream Boys rikiriho, byakuraho amazimwe yerekeranye n’itandukana ryabo.

Miss Rwanda 2020

Irushanwa ry’Ubwiza rya Miss Rwanda rimaze kugira umubare munini w’abarikurikira haba mu Rwanda no hanze. Amajonjora yaratangiye ubu batandatu bazahagararira Intara y’Uburengerazuba bamaze kumenyekana, hasigaye abo mu zindi ntara.

Iyo irushanwa ritararangira abantu benshi baba bafite amatsiko menshi biteze kureba uburanga bw’umukobwa uhiga abandi bose mu Rwanda, udushya dutandukanye tuberamo n’ibindi.

Muri iri rushanwa kandi hatorwamo umukobwa wakunzwe na rubanda kurusha abandi. Uyu akenshi aba afite agashya yakoze gatuma abantu bamwiyumvamo. Mu myaka ibiri ishize ryahawe abagaragagaye ko ari abanyatege nke mu mikoro. Uw’uyu mwaka ni iri he turufu azakoresha?. Umukobwa uzakundwa cyane muri iri rushanwa azahembwa na MTN Rwanda.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND