Mujya mukunda kumva cyangwa kubona abagabo batinya gutereta abagore babarusha ubushobozi ugasanga n’ubwo uwo mugore yaba amukunda cyane ariko agatinya kumutereta kubera gusa ko amurusha imitungo, amafaranga, akazi keza n’ibindi.
Iyo
uganiriye n’abantu baguha impamvu zitandukanye ariko bagahuriza ku kintu cyo
kubura icyubahiro abagabo basanzwe bakunda. Abaganiriye n’inyarwanda bavuga ko
muri rusange umuntu wese wateye imbere aba yumva ko yifite bigatuma abagore biteje imbere bumva ko
babasha kwigira kabone n’ubwo umugabo yaba adahari. Ibi rero ngo bituma
batubaha abagabo bihagije cyangwa ngo babiteho kuko aba yumva yaba adahari
cyangwa ahari ubuzima butabura gukomeza.
Ikindi
bagarukaho ni uko abagore bakize bibagora kwizera ko abagabo babakunda kubera
urukundo atari kubera ibyo babona bafite cyangwa agaciro bafite muri rubanda.
Iyi myizerere ngo ituma bigorana ko umugore yirekurira umugabo uwo ariwe wese
bityo bikaba byatuma abagabo babajya kure.
Abagabo
ubusanzwe bakunda kubahwa no kubonwa ko bakora inshingano zabo. Abenshi banga kuba
mu rukundo rushobora gutuma bagaragara nk'aho badakunzwe cyangwa ntacyo bamaze
ku kuzuza inshingano zitandukanye kuko akenshi umugabo abona ko hari icyo amaze
iyo abona ko hari ibyo atanga cyangwa akora undi wese muri urwo rugo atakora.
Mu bo twaganiriye hari n’uwagize ati “Akenshi iyo abantu babona umugabo atereta umugore ukize bavuga ko ashaka kumukura ibyinyo nta rundi rukundo amufitiye.” Ibi rero nabyo hari abagabo bijya bitera ipfunwe agatinya ko abantu bazamubona batyo agahitamo kwiheza n’ubwo yaba amukunda.
Izi
rero ni zimwe mu mpamvu abantu bagarutseho ariko batinda cyane ku kuba iyo
umugore yihagije muri byose abenshi bumva ko nta gaciro umugabo afite bigatuma
batanamwubaha nyamara ngo nta mugabo ukunda gusuzugurwa uko yaba asa cyangwa
ameze kose. Gusa ni ngombwa ko abantu bahindura imyumvire agakunda uwo ashaka
atitaye ku byo abandi bazavuga.
Ikindi hari aho usanga umugore udafite icyo yinjiza mu rugo nawe asuzugurwa agafatwa nk’itungo kuko rirya ari uko baryahiriye bigatuma no mu rugo haza amakimbirane. Ni byiza kwishimira ko buri wese agira uruhare mu gutunga urugo kurusha kugira ipfunwe ry’uko hari urusha undi ubushobozi hagati y’abashakanye.
TANGA IGITECYEREZO