Umupira w’amaguru w’iki gihe utandukanye cyane n’uwo mu myaka yo hambere, haba mu buryo bw’imikinire ndetse n’amategeko awugenga. Muri iki gihe umwanya waba ukinaho wose ushobora guheka ikipe ukayitsindira ibitego ikagira umwanya mwiza, icyo bisaba gusa ni ukuba uzi kunyaruka kandi ukagira amayeri.
Mu
kibuga abakinnyi bakoresha imbaraga nyinshi, ariko bose siko bakoresha
izingana, hari abatekereza ko umukinnyi utsinda ibitego ariwe uba wakoze cyane
mu kibuga, ariko sibyo kubera ko niba
ukunda gukurikira umupira w’amaguru wemeranya nanjye ko Casemiro ari umukinnyi
ukora cyane muri Real Madrid yewe n’ibikombe bitandukanye iyi kipe yatwaye uyu musore
yabigizemo uruhare rufatika, ariko siwe wahabwaga ibihembo.
Burya
Imana irema umuntu ntiyamuhaye byose, yamugeneye iby’ingenzi bizamugirira
umumaro. Cristiano Ronaldo na Lionel Messi isi yose yemera ko ari abakinnyi
b'abahanga kandi n’ibikorwa byabo birivugira, ariko uzasanga nihasuzumwa
ibirometero bakoresheje biruka mu mukino ari bike, hari ababarushije umuvuduko
nubwo baba batsinze ama Hat-tricks.
Aba ni abakinnyi 10 ba mbere
bagaragaje umuvuduko udasanzwe ku isi mu mwaka wa 2019
10. Karim Ballarabi
Uyu
mudage w’imyaka 29 akinira ikipe ya Bayern Leverkusen yo mu Budage, akaba akina
asatira aca ku mpande, uyu musore arihuta cyane iyo azamukanye umupira aciye ku
mpande agatanga imipira ivamo ibitego cyangwa akabyitsindira, mu mwaka w’imikino
ushize yatsinze ibitego 9, anatanga imipira 5 yavuyemo ibitego.
Mu
isaha imwe Karim iyo ari mu kibuga yiruka ibirometero 35.27 ibi bikagaragaza
umuvuduko we iyo asatira, ni abakinnyi bake bashobora gukora ibi.
9.
Kyle Walker
Walker
w’imyaka 29, avuka mu Bwongereza akaba akinira ikipe ya Manchester City yo mu Bwongereza, akinisha akaguru k’iburyo.
Uyu ni umwe muri bamyugariro bihuta cyane kuri iyi si kuko nawe mu gihe cy’isaha
imwe ari mu kibuga aba yirutse ibirometero 35.27, umuvuduko w’uyu musore
worohereza cyane Sergio Aguero na Raheem Sterling baba bari mu busatirizi bwa
Manchester City kuko inshuro nyinshi usanga ari guhindura imipira imbere y’izamu
ry’uwo bahanganye.
8. Patrick Van Aanholt
Aanholt
w’imyaka 28 avuka mu gihugu cy’u Budage akaba akina ku ruhande rw’ibumoso mu
bwugarizi bwa Crystal Palace yo mu bwongereza, uyu ni umwe mu basore bihuta
cyane kuri iyi si kuko usanga byibura mu gihe cy’isaha ari mu kibuga aba
yirutse ibirometero 35.4, bikaba byorehereza cyane Wilfield Zaha kwinjira mu
rubuga rw’umunyezamu rw’ikipe bahanganye kuko aba afite moteri yizeye
kumuhereza imipira agatsinda.
7. Jamie Vardy
Vardy
ni umwe muri barutahizamu bavuka mu gihugu cy’u Bwongereza bazi kunyaruka cyane,
ku myaka 32 niwe uyoboye ubusatirizi bwa Leicester City yo mu bwongereza,
umuvuduko we ku isaha ungana na Kirometero 35.44, yafashije Leicester City
gutwara igikombe cya shampiyona itunguranye, abakinnyi bakina mu bugarira
bashobora gufata Vardy bakamuheza ni bake cyane.
6. Sadio Mane
Uyu
musore ukomoka mu gihugu cya Senegal ukinira Liverpool, ni umwe muri ba
rutahizamu isi ifite bazi kunyaruka cyane, ku myaka ye 27 y’amavuko afite
uruhare runini cyane kubyo Liverpool yagezeho ndtse nibyo izageraho ikimufite.
Mane iyo ari mu kibuga ku isaha yiruka ibirometero 35.70, akaba afite uduhigo
dutandukanye ndtse akaba anafatwa nk’intwari muri Liverpool kubera ibyo
yayikoreye, anakiyikorera magingo aya.
5. Inaki Williams
Uyu
rutahizamu wa Athletic Bilbao yo muri Espange ukiri muto cyane uvuka muri
Espagne, ku myaka 25 ni umwe mu bakinnyi bafatiye runini iyi kipe, mu mwaka w’imikino
ushize mu mikino 30 yakinnye yatsinze ibitego 11 atanga imipira 4 yavuyemo
ibitego, ni umukinnyi wihuta cyane ku buryo byorohera bagenzi be ku mukinisha,
mu gihe cy’isaha Inaki ari mu kibuga yiruka ibirometero 35.71, bikaba bivugwa
ko hari amakipe akomeye yo mu bwongereza yatangiye kumunuganuga.
4. Orlando Berrio
Uyu
ni umunya Colombia w’imyaka 28 y’amavuko akaba ashobora gukina aca ku mpande
cyangwa agakina ari we rutahizamu ucungiweho ibitego mu ikipe ya Flamengo yo
muri Brazil, uyu musore afite umuvuduko uteye ubwoba n’ubwo yaranzwe n’imvune
cyane kuva yagera muri Brazil, ariko iyo ari muzima ni umwe mu bakinnyi
banyaruka cyane ku isi, mu gihe cy’isaha imwe iyo ari mu kibuga Berrio yiruka
ibirometero 36.
3. Kylian Mbappe
Uyu
mufaransa w’imyaka 20 y’amavuko ukinira PSG ndetse n’ikipe y’igihugu y’ubufaransa,
akaba yarafashije iigihugu cye kwegukana igikombe cy’isi muri 2018, nta
wushidikanye ku buhanga n’umuvuduko udasanzwe w’uyu musore, iyo azamukanye
umupira kuri Counter – attack kumuhagarika ntibibaho kuko muhura agaruka
yishimira igitego. Bigora benshi cyane kwiyumvisha umuvuduko uyu musore afite
kuko yihuta cyane, mu mwaka w’imikino ushize mu mikino, yabanje mu kibuga mu
mikino 36 atsinda ibitego 32.
2. Gareth Bale
N'ubwo mu minsi ishize atari ameranye neza n’umutoza wa Real Madrid Zinedine Zidane, uyu munya Wales w’imyaka 30 y’amavuko ukinira Real Madrid ntawushidikanya ku muvuduko agira ndetse n’uruhare yagize ngo Real Madrid yegukane Champions League ya gatatu nyuma y’ibitego 2 yatsinze. Byibura Bale iyo ari mu kibuga ku isaha yiruka ibirometero 36.9, ibi byafashije cyane ubusatirizi bwa Real Madrid igihe kirekire bityo ikipe igira umusaruro mwiza wagaragariye buri wese.
1. Arjen Robben
Robben
kuri ubu wasezeye ku mupira w’amaguru muri Nyakanga 2019, ubwo yakiniraga
Bayern Munich yo mu budage, ku myaka 35 niwe uyoboye abakinnyi bihuta cyane ku
isi kurusha abandi muri uyu mwaka wa 2019.
Kuba
uyu muholandi abasha kunyaruka cyane kurusha abakinnyi bakiri bato byamuhaye
kuyobora Bayern ayigeza kuri byinshi, birimo ibikombe bitandukanye yatwaranye
nayo.
Iyo
yabaga ari mu kibuga mu gihe cy’isaha Robben yirukaga ibirometero 37.
Cristiano
Ronaldo na Lionel Messi bayoboye umupira ku isi kuri ubu ntibagaragara mu
bakinnyi 10 ba mbere (bihuta) banyaruka ku isi.
Byari bigoye cyane gufata Robben iminota 90 kubera yanyarukaga cyane
Gareth Bale umwe mu bakinnyi bihuta cyane isi ifite
Kylian Mbappe bigoye cyane guhagarika bitewe n'umuvuduko afite
Orlando Berrio ukinira Flamengo ni umwe muri ba rutahizamu isi ifite banyaruka cyane bigoye no kubahagarika
TANGA IGITECYEREZO