RFL
Kigali

Ibintu 5 biruta amafaranga

Yanditswe na: Clementine Uwiringiyimana
Taliki:2/12/2019 8:35
0


Umuntu wese aba akeneye kuba umukire ndetse abenshi bemera gukora buri kimwe kugira ngo babone ubutunzi. Nyamara hari abatemera ko amafaranga atari buri kimwe nk’uko bamwe bajya bavuga ngo amafaranga ni byose.



Twifashishije urubuga Hivisasa.com twaguteguriye ibintu ukwiye guha agaciro kuruta amafaranga.

1. Ibyishimo: Amafaranga azana ibyishimo ariko si yo y’ingenzi mu buzima. Hari abantu benshi batunze ama miliyoni ariko babuze ibyishimo, haranira kugira ibyishimo kuruta uko uharanira kugira amafaranga.

2. Abana: Imiryango ikize idafite abana yo irabyumva cyane iyo uvuze ngo abana ni ingenzi kuruta amafaranga. Birashimisha kwitwa papa cyangwa mama. Amafaranga ntiyaguha abana ariko abana bashobora kuguha amafaranga.

3. Ubuzima: Amafaranga abaye ari byose abakire babasha kubaho iteka ryose. Ubuzima ni wo mutungo uruta indi kuko abafite ubuzima buzira umuze baba bishimye kurenza abatunzi baba barwana n’indwara zitandukanye.

4. Inshuti: Ntugafate inshuti uko wiboneye kuko zishobora ku  gukorera ibyo amafaranga atakora. Shaka inshuti kandi ntugatume amafaranga azitesha agaciro kuko inshuti Miliyoni ziruta ama miliyari y’amafaranga.

5. Umuryango: Ntuzarutishe umuryango wawe amafaranga kuko nta mubare w’amafaranga ubaho waruta umuryango. Amafaranga ushobora kuyabura ukabona andi ariko ku muryango siko bimeze.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND