FC Barcelone ibifashijwemo na kabuhariwe Lionel Messi yakatishije itike yo gukina inmikino ya 1/8, nyuma yo kunyagira Borussia Dortmund ibitego 3-1 i Camp Nou, yizera kuzamuka iyoboye itsinda F, lionel Messi aca agahigo ko kuzuza imikino 700 akiniye Barcelone mu myaka 15.
Ni umukino wabereye muri Espagne ku kibuga cya Barcelone aho
yari yakiriye Borussia Dortmund mu mukino w’umunsi wa Gatanu w’imikino yo mu
itsinda rya F muri Champions League.
FC Barcelone niyo yafunguye amazamu ku munota wa 29 ku gitego cyatsinzwe na Luis Suárez ku mupira yahawe na Lionel Messi. Messi yatsinze igitego cya kabiri cyabonetse nyuma y’iminota ine gusa, igitego cyabaye icya 613 yatsindiye FC Barcelone mu mikino 700 amaze kuyikinira.
Antoine
Griezmann yashyizemo agashinguracumu ashimangira intsinzi ku munota wa 67 na
bwo ku mupira yahawe na Lionel Messi, mu gihe igitego cy’impozamarira cya
Borussia Dortmund, cyatsinzwe na Jadon Sancho ku munota wa 77.
FC Barcelone
yahise igira amanota 11 ishimangira umwanya wa mbere muri iri tsinda, mu gihe
Inter Milan yanganyije amanota arindwi na Dortmund nyuma yo gutsinda Slavia
Prague ibitego 3-1 mu wundi mukino wabaye muri iri tsinda.
Lionel
Andrés Messi yabaye umukinnyi wa kabiri wa FC Barcelona uyikiniye imikino
myinshi mu mateka kuko kugeza ubu Xavi
Hernández niwe mukinnyi uyoboye abandi gukina imikino myinshi muri iyi kipe,
akaba yarayikiniye imikino 767 mu gihe cy’imyaka 17 yayimazemo.
Lionnel Messi umaze gukinira FC Barcelona imyaka 15, umukino
wa Dortmund yakinnye wuzuzaga imikino 700, imushyira ku mwanya wa kabiri mu
bamaze gukinira FC Barcelone imikino myinshi mu mateka. Amaze kuyitsindira
ibitego 613, yatwaranye nayo ibikombe 34.
Messi na Griezmann bishimira igitego
Messi yatsinze igitego cya kabiri cyujuje ibitego 613 amaze gutsindira Barcelone
FC Barcelone yizeye kuzamuka mu itsinda F ari iyambere
Ibigwi bya Lionel Messi muri FC Barcelone
Umwanditsi
– SAFARI Garcon – inyarwanda.com
TANGA IGITECYEREZO