RFL
Kigali

Umunyamategeko wabaye umunyarwenya! Ibyo wamenya kuri Michael Sengazi watsindiye Prix RFI Talent du Rire 2019

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:23/11/2019 10:09
0


Izina Michael Sengazi rimaze kwamamara cyane mu bijyanye no gukina ikinamico n’urwenya haba mu Rwanda no mu bindi bihugu bitandukanye bya Afurika cyane cyane ibikoresha ururimi rw’igifaransa.



Ni umusore w’inzobe ufite amaso manini akagira urubavu ruto. Kumarana nawe umwanya muto n’iyo mwaba mutaziranye ntibyakurushya kumenya ko ari umunyarwenya, bitewe n’uburyo aganira ashyiramo amashyengo menshi.

Uyu musore w’imyaka 30 afite inkomoko mu Rwanda no mu Burundi ariko igihe kinini akimara mu Rwanda kuko ariho akorera cyane ibijyanye no gusetsa mu itsinda rya Comedy Knights ari no mu baritangije.

Nta gitaramo cy’urwenya gikomeye cyabereye mu Rwanda uyu musore ntakigaragaramemo ndetse yambutse imbibe yitabira akora ibiganiro by’urwenya bica kuri Canal Plus bizwi nka Parlement Du Rire.

Uyu musore aherutse kwandika amateka atsindira igihembo cya Prix RFI Talent du Rire 2019 ahigitse abandi banyarwenya 10 bari batoranyijwe mu barenga 100 bari biyandikishije mu irushanwa.

Ni igihembo cyatanzwe ku nshuro ya gatanu kikaba ari ubwa mbere gitashye mu rw’imisozi 1000, akaba azajya kugifata muri Cote d’Ivoire tariki 07 Ukuboza 2019 kiri kumwe n’amayero ibihumbi bine ni ukuvuga agera kuri miliyoni enye z’amafaranga y’u Rwanda.

Mu Kiganiro yagiranye na INYARWANDA, Michael Sengazi yavuze ko kubona iki gihembo byamushimishije cyane ndetse bigeye kumufasha gutera intambwe mu kazi ke ko gusetsa.

Yabaye umunyarwenya bimutunguye!

Mu gihe abenshi bivumburamo impano mu myaka yo hasi, kuri Sengazi ni ikinyuranyo kuko we avuga ko yinjiye mu byo gusetsa no gukina ikinamico bimutunguye.

Ati “ Nkiri muri kaminuza hari ahantu twahuriye n’umugore wo muri Ishyo Art Centre, Carole Karemera, yaje azanye n’abandi banditsi nari nasomye igitabo cy’umwe muri abo bantu ntangira kubabaza yumva igifaransa cyanjye ni cyiza aravuga ati ‘uyu mwana ndamukeneye hari ibyo ashobora kuza kumfasha mu byo gusoma ibitabo [café Literaire]. Ni aho byatangira nyuma barambwira bati ‘ese hari ikibazo dukoranye mu ikinamico? Ndababwira nti nta kibazo.”

Ikinamico ya mbere yakinnye yavugaga ku bintu byo kurwanya ruswa mu bo bakinanye harimo Mazimpaka Kennedy umubyeyi w’umunyarwenya Arthur Nkusi ari naho bamenyaniye biyemeza gushinga Comedy Knights.

Ati “ Arthur yari yaje kureba yakunze uko nakinnye, twari tunarikumwe na Migisha Gerome uyobora Comedy Knights ariko Arthur ntabwo twari tuziranye. Turavuga tuti ‘twakwihuje  tugakora urwenya rwuzuye?”

Ni uko batangiye Comedy Knights igenda yaguka yinjiramo abandi banyarwenya kugeza n’ubu iri mu matsinda yubatse izina mu gusetsa mu Rwanda.

Ababyeyi bashakaga ko aba umunyamategeko

Sengazi yize amategeko muri Kaminuza yigenga ya Kigali ndetse arangiza afite amanota meza ariko ntiyigeze ashaka kwambara ikanzu ngo ajye mu rukiko yunganire abarengwa, ashinje  abanyabyaha cyangwa ace imanaza.

Ababyeyi be ntibakozwaga ibyo kumva areka gushaka akazi k’ibyo yize ngo agiye kuba umunyarwenya dore ko batanatekerezaga ko bishobora kumwinjiriza amafaranga anaruta ayo yari kubona akora ibijyanye n’ibyo. Ni ibintu byamusabye imbaraga nyinshi kugira ngo abibumvishe.

Ati “Ababyeyi hari igihe badasobanukirwa. Yego wowe uba ufite icyo ushaka kugeraho. Aba ashaka ko umwana we abaho neza akagera ku rwego yibeshaho we ubwe. Natebeye amasomo akomeye. Nahise mbumvisha mbasaba ko bampa umwaka. Amezi atandatu yo kugerageza ngo ndebe ko byacamo neza andi asigaye nzasuzume uko byagenze.”  

Nyuma y’aho ababyeyi be bagiye bamubona mu bitaramo bitandukanye bikomeye yagiye akorera mu bindi bihugu batangira kwizera ko hari ikizavamo, bamuha rugari akora ibyo akunda.

Ikiraka cya mbere  mu gukina yishyuwe inoti y’igihumbi

Umwaka wa 2010 ni uw’amateka kuri Michael Sengazi kuko ari bwo yabashije yinjiye mu ruhando rwo gukina ikinamico n’urwenya.

Ikintu atazibagirwa muri icyo gihe nuko ikiraka cya mbere yakoze yishyuwe amafaranga y’u Rwanda 1000 aho yari yakinnye mu Ishyo Art Centre. Iki gihumbi kimaze kwikuba inshuro zitabarika azenguruka ibihugu by’amahanga bitewe no gusetsa.

Amafaranga menshi Michael Sengazi avuga ko amaze gukorera kuva yatangira umwuga ko gusetsa avuga ari ayo yatsindiye muri Prix RFI Talent du Rire angana na miliyoni enye z’amafaranga y’u Rwanda.

Kugeza ubu Michael Sengazi avuga ko abanyarwenya batarahabwa agaciro bakwiye mu Rwanda, bitewe nuko ari uruganda rukiri kwiyubaka, ibintu avuga ko bizagenda bihinduka uko iminsi ishira.

Michael Sengazi afite inzozi zo kuzaba umukinnyi ukomeye ndetse akagera muri leta Zunze Ubumwe z’Amerika. Mu mwaka utaha azitabira ibitaramo bitandukanye by’urwenya ku mugabane w’uburayi cyane cyane mu Bufaransa. 

Michael Sengazi ni umunyarwenya umaze kubaka izina ku rwego mpuzamahanga

REBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA MICHAEL SENGAZI

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND