RFL
Kigali

Ibyo utamenye ku itsinda ry'abanyarwanda Simba Wanyika ryaciye ibintu muri Kenya, ryashibutseho abakoze 'Sina Makosa'

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:22/11/2019 21:56
0


Imyaka yo mu 1970 kugera mu 1980 ni bimwe mu bihe bikomeye bitazabigirana mu muziki wo mu Karere u Rwanda ruherereyemo, kuko habayeho abahanzi b’abahanga bakoze indirimbo zakunzwe kugeza no kuri ubu.



Umuziki wo muri icyo gihe wakorerwaga mu matsinda yacurangaga mu buryo bw’umwimerere akoresha ibucurangisho bya kizungu byiganjemo gitari n’ingoma.

Itsinda rya Simba Wanyika ni rimwe mu yakanyujijeho mu gihugu cya Kenya no mu bihugu byo mu Karere muri rusange. Ryatangiye gucurangira muri Kenya mu 1971 rishinzwe n’abavandimwe bari baturutse muri Tanzaniya ari bo Willson Kinyonga na George Kinyoga na William Kiyonga, bakaba bari bafiteyo itsinda ryitwaga Arusha Band ryavukiye muri Tanzaniya.

Iri tsinda ryakoraga umuziki wo mu njyana ya Rumba imenyerewe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ariko bagakoresha ururimi rw’Igiswahili. Ubuhanga bwabo bwatumye bigarurira Abanyakenya b’ingeri zinyuranye bakorera amafaranga menshi mu bitaramo bitandukanye batumirwagamo.

Itsinda rya Simba  Wanyika ryaje gusenyuka burundu mu 1994, mbere yaho ryari ryaragiye ricikamo ibice abarigize bagenda bakora amatsinda yabo. Mu 1978 bamwe mu bacuranzi baryo baryiyomoyeho maze bashinga iryitwa Les Wanyika ari naryo ryakoze indirimbo yitwa “Sina Makosa” yamenyekanye cyane.

Les Wanyika nayo yaje gucikamo ibice mu 1981 bamwe mu bari bayirimo bashinga itsinda bise Super Wanyika Stars.

Simba Wanyika bari abanyarwanda

Itsinda rya Simba Wanyika ryakoze indirimbo nyinshi zakunzwe ku buryo budasubirwaho mu myaka yo mu 1970 n0 mu 1980 zirimo “Baruwa ya Mapenzi”, “Mapenzi Rejea”, “Nakupenda Cherie”, Shilingi Yaua Tena Maua” n’izindi nyinshi.

Abavandimwe baritangije ntabwo bakibaho ariko hasigaye umwe witwa William Kinyonga, ubusanzwe witwa William Bizimana amazina yahawe n’ababyeyi be akaba ari Jeremiah Petero Semajangwe Karekezi.

Mu kiganiro yagiranye na KU TV mu mwaka ushize, William Kinyonga niwe wahishuye ko bavukiye muri Tanzaniya ariko bakaba bafite inkomoko mu Rwanda. Ati “Njyewe navukiye muri Tanzaniya ni byo ariko njyewe nturuka kure cyane. Nturuka mu Rwanda i Kigali.”

Muri icyo gihe yaganiraga n’umunyamakuru wa KU TV uyu musaza wavutse mu 1958 nubwo ku isura ushobora kumukekera mu myaka 70 yari abayeho mu buzima bubi cyane budakwiye umuntu waririmbye muri Simba Wanyika.

William Kinyoga yari yambaye imyenda isa nabi kandi ishaje, yicaye ahantu hameze nko mu ngarani ari naho arara. N’ubwo bigaragara ko ubuzima atari bwiza na gako aba yisekera akanyuzamo akaririmba indirimbo zabo.

Yabwiye umunyamakuru ko nta muntu n’umwe wo mu muryango we baherukana abayeho ku bw’impuhwe z’abagiraneza.

Umwe mu babaye mu itsinda rya Simba Wanyika, Sijali Zuwa yavuze ko mu gihe yamaranye na William Kinyonga rimwe na rimwe yagiraga uburwayi bwo mu mutwe ibishobora kuba intandaro y’ubuzima bubi arimo.

Undi muturanyi w’uyu musaza witwa William Shikami we yavuze ko ubuzima bubi William Kinyonga arimo bwatewe n’uko mu muryango bakoreshaga amarozi akaba yarasabwe gutanga ibitambo kugira ngo yongere amere neza.

Amafaranga ava mu bihangano bya Simba Wanyika aribwa n’abana ba bakuru be baririmbanaga muri iri tsinda, mu gihe Isi yamubereye umuravumba.

William Kinyonga waririmbye muri Simba Wanyika abayeho nabi 

REBA IMWE MU NDIRIMBO YA SIMBA WANYIKA     

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND