RFL
Kigali

Ibimenyetso bikwereka ko ufatwa nka Malayika hano ku isi

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:5/11/2019 19:14
2


Abamalayika ubundi ni ibiremwa byo mu buryo bw’umwuka gusa hari aho ushobora kumva umuntu aravuze ngo kanani ni umumalayika. Ese aba ashaka gusobanura iki? Ahanini ababivuga baba bashingiye ku bwitonzi, ubwenge ubutabazi bwihuse cyangwa se uwo muntu bavuga ko afite ingeso nziza.



Aha rero hari ibimenyetso abahanga bakusanyije bigaragaza ko umuntu ubifite afatwa nka Malayika uri ku isi

Bakubwira ko uri mukuru kuruta imyaka yawe: Nubona akenshi hari abantu bagufata nk’umuntu ukuze cyane bakagukekera imyaka myinshi runaka kandi ntayo ufite bitewe n’ibitekerezo byiza ufite, inama ugira abantu batandukanye, amagambo yubaka ugira, mbese ibyo byose bihabanye n’imyaka yawe uzamenye ko uri malayika wibereye ku isi.

Uhora iteka wishimiye ubuzima ubayemo kabone n’ubwo bwaba budashamaje: Ibihe waba urimo byose uhorana amagambo y’ihumure, uba ushaka ko nta cyahungabanya amahoro yawe, ikidakunze ntugifatira umwanya, ugira urukundo n’urugwiro nta munabi upfa kukugaragaraho.

Ugira umutima utabara abandi: Iyo mugenzi wawe ababaye urabimenya nubwo yaguhisha amarangamutima ye umenya uko umusanga ukamuhumuriza utitaye ku kumenya impamvu aguhishe. Icyo ugendereye ni ugutuma yishima na we akanezerwa, niba umeze utya,uri malayika wibereye ku isi.

Nta muntu ujya upfa kugusobanukirwa, uhora uri mushya: N’umuntu ugerageje kukwigaho biramushobera kuko uhora uri mushya, uratekereza cyane ukareba kure ari nabyo biguha imyanzuro itabangamiye buri wese, urihariye, aha rwose uri malayika utuye ku isi.

Wakira buri wese uje akugana: imiterere y’umuntu uwo wri we wese, yaba umukire cyangwa umukene, inzobe cyangwa igikara, mugufi cyangwa muremure, bose ubakira kimwe kandi ukabafasha neza, umuntu ukuzi wese avuga ko ugira umutima mwiza.

 src: healthline.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • TUMAINI HAKIZA4 years ago
    MWAKOZE KUDUHA AYA MAHAME YOSE NI UKURI
  • Mutabazi david4 years ago
    Thank you for all news





Inyarwanda BACKGROUND