RFL
Kigali

Ni shitani wahinduye amayeri! Bishop Ndagijimana uyobora AEBR arannyega urukundo rwo kuri ‘Social media’-VIDEO

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:31/10/2019 18:06
0


Ikoranabuhanga ryoroheje ibintu byinshi aho muri iki gihe akazi kenshi gakorerwa kuri interineti. Urukundo narwo ntirwasigaye inyuma mu ikoranabuhanga kuko hari abo usanga bamenyanira kuri interineti urukundo rwabo rugakura kugeza ku rwego rwo kubana.



Hari ingero z'abantu bubatse ingo ndetse zikomeye kandi baramenyaniye kuri 'Social media'. Icyakora hari n'abo usanga ingo zabo zidakomeye ndetse hari n’abakundanira kuri interineti bataziranye amaso ku maso, umunsi wo guhura wagera urukundo rwabo rukaba rurangiriye aho bitewe ahanini n'uko benshi mu bakoresha izi mbuga, bashyiraho amafoto abagaragaza babaye beza kurusha uko basanzwe bameze bityo bahura ugasanga hari udashimye uko asanze mugenzi we ameze nyuma yo guhura imbonankubone.

Imbuga nkoranyambaga ni inzira ya bugufi kuri benshi muri iki gihe aho zibahuza byihuse n’abo bashaka. Bamwe bazikoresha mu bucuruzi aho zibamamariza ibicuruzwa byabo, abandi bazikoresha mu kumenyana n’abantu mu ngeri zitandukanye. Mu bamenyanira ku mbuga nkoranyambaga harimo abo iyi nzira ihira bakageza aho bemeranya kurushinga nyamara batarahura amaso ku maso. Na hano mu Rwanda hari benshi bamaze gukora ubukwe kandi barahujwe n’imbuga nkoranyambaga.

Bishop Ndagijimana Emmanuel Umuvugizi Mukuru w’Itorero AEBR mu Rwanda arannyega urukundo rwo ku mbuga nkoranyambaga aho avuga ko bigoye kugira ngo hazabeho ireme ry’urukundo ku bantu bamenyaniye ku mbuga nkoranyambaga bakageza aho bemeranya kubana ariko batarabonana. Avuga ko ari shitani wahinduye amayeri kugira ngo abone uko yigarurira ingo zo muri iyi minsi. Yahanuye urubyiruko arusaba kwirinda kugwa muri uyu mutego. Ati:

Iki ni igihe cyo kugira ngo abakristo boroshye inshingano z’abashumba babo nubwo mbizi ko mukora neza kugira ngo abashumba bagubwe neza ariko hariho namwe abakerewe aho tutamenya ko satani yahinduye amayeri. Ni byo dufite ikoranabuhanga ariko bamwe mu bakristo barikoresha nabi ntibibe ibisubizo by’ibibazo byabo ugasanga ahubwo rirabateza ibibazo.
Nonese rubyiruko muri hano ni iyihe ndangagaciro mwaba mwarabonye aho umuntu akunda umuntu atazi? Ngo yamubonye kuri Facebook, yamubonye kuri Twitter cyangwa se Whatsapp hanyuma agakunda uwo muntu bakageza aho bageza ku rwego rwo gusezerana ataramubona. Icyo ntekereza ko ari shitani wahinduye amayeri. Bene abo bantu cyangwa bene izo ngo simvuga ko iryo koranabuhanga tutarikoresha ariko byaba bigoye cyane kugira ngo hazabeho ireme ry’urwo rugo cyangwa ry’urwo rukundo. Abantu rero cyane cyane urubyiruko dukwiye kumenya ibidutegereje by’ejo heza.


Bishop Ndagijimana Emmanuel uyobora AEBR

KANDA HANO UREBE BISHOP NDAGIJIMANA ANNYEGA URUKUNDO RWO KU MBUGA NKORANYAMBAGA

Bishop Ndagijimana yakomeje atanga impanuro ku bakristo abasaba gukunda igihugu cyabo bakagira uruhare mu bituma igihugu kiba cyiza. Ati “Iri torero (Aravuga AEBR) mubona riri mu gihugu kandi igihugu kigirwa cyiza n’abaturage abo baturage ni natwe bakristo. Igihe rero tudashoboye kugira uruhare mu bituma igihugu kiba cyiza ntekereza ko byaba ari ipfunwe, n’iyo ijuru ryabaho tukajyayo twaba dufite umwenda. Dukwiye gukunda igihugu cyacu tukagikorera, tukagisengera tukanga ubunebwe tugatandukana na bya bindi bikereza abantu nkaba ngira ngo izo abe ari zo mpanuro dukwiriye kuba tugenderaho.”

Bishop Ndagijimana yanenze abapasiteri badashishikariza abakristo kugura mituweli

Bishop Ndagijimana avuga ko byaba biteye isoni haramutse hariho umupasiteri uyobora umukristo udafite mituweli, uwo mukrisito yarwara pasiteri akihutira kujya mu cyumba kugira ngo amusengere. Ati “Buriya umukristo muzasome neza, muzasanga ari we musirikare mwiza ukwiriye kuba arinze igihugu cye kandi ntiwarinda icyo udakunda, dukwiriye rero kuba twese dufatanije gukorera Imana dusubiza ibibazo byacu bya buri munsi. Byaba biteye isoni uri pasiteri cyangwa ufite izindi nshingano ukaba uyoboye umukristo utagura ubwisungane (mituweli) yarwara ukajya mu cyumba gusenga Imana ngo imukize, ibyo waba utangiye gusenga ibyo wari gukora kandi wari gushobora.

Mu rusengero hashobora kubaho amatsinda yo kwizigama, Pasiteri akabiyobora nk’umuyobozi akajya abaza buri muntu aho ageze yizigamira kugira ngo azabone bwa bwizigame nta kibazo kibaye." Yavuze ko usibye n’ubugingo buhoraho, Imana yasezeranije abayikorera kuzabaha ibyiza mu isi. Bishop Ndagijimana yatangaje ibi ubwo himikwaga ku nshuro ya mbere abapasiteri b'agabore muri AEBR ndetse uwo munsi akaba ari nabwo iri torero ryimitse bwa mbere Abepisikopi (Ba Musenyeri) bagera kuri batanu. Byari tariki 20/10/2019 mu birori byabereye kuri AEBR Kacyiru aho umushyitsi mukuru yari Dr Usta Kayitesi Umuyobozi Mukuru wa RGB.


Ku nshuro ya mbere AEBR yimitse abapasiteri b'abagore


AEBR yimitse ku nshuro ya mbere ba Musenyeri

KANDA HANO UREBE BISHOP NDAGIJIMANA ANNYEGA URUKUNDO RWO KU MBUGA NKORANYAMBAGA






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND