RFL
Kigali

Samuel Eto'o yashimagije Perezida Paul Kagame

Yanditswe na: Editor
Taliki:31/10/2019 9:33
0


Mu butumwa rutahizamu w’ibihe byose mu gihugu cya Cameroon, Samuel Eto'o Fils yanyujije ku rukuta rwe rwa Instagram yashimagije umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame ku butwali bwe, kwitanga ndetse n’inyota afite yo kubona umugabane wa Afrika utera intambwe ishimishije mu iterambere.




Ku ifoto igaragara ku rukuta rwa Instagram rwa Samuel Eto'o, umukuru w’u Rwanda Paul Kagame mu ikositime y’umukara, ishati y’umweru, karavati y’umukara n’inkweto z’umukara yakoranye mu kiganza cy’iburyo na Samuel Eto'o nawe wambaye ikositime y’umukara, ishati y’umweru n’inkweto z’umukara, bose bari kumwenyura. Munsi y'iyo foto handitse amagambo ari mu rurimi rw’igifaransa avuga imyato, ubutwali anashimira umukuru w’igihugu cy’u Rwanda ku ruhare akomeje kugaragaza mu kwitangira umugabane wa Afrika.

Uko bigaragara ni uko iki gihangange mu mupira w’amaguru ku isi by'umwihariko ku mugabane wa Afrika, Samuel Eto'o Fils ariwe wakiriye nyakubahwa umukuru w’u Rwanda Paul Kagame.

Kuri ubu umukuru w’igihugu cy’u Rwanda arabarizwa ku mugabane wa Aziya mu gihugu cya Qatar aho yitabiriye inama yiga ku ikoranabuhanga.

Samuel Eto'o Fils akomeje kugaragaza ibimenyetso bimusanisha n’igihugu cy’u Rwanda kuko inshuro nyinshi yagiye yitabira ubutumire yabaga yahawe n’u Rwanda akitabira ibikorwa bimwe na bimwe yabaga yatumiwemo,. Eto'o ntiyifuzaga kuva mu Rwanda kuko yasanze ari igihugu cyiza cy'akataraboneka anahita mu rugo iwabo ha kabiri.

Samuel  Eto'o uherutse gusezera burundu gukina umupira w’amaguru isi yose izahora yibuka ko ari umwe mu bakinnyi beza baranze ikinyejana cya 21. Yamenyekanye akinira amakipe menshi atandukanye yo ku mugabane w’iburayi arimo FC Barcelone ari nayo yandikiyemo amateka cyane, yakiniye kandi  Real Madrid, Chelsea, Everton, Inter Millan ndetse n’ayandi menshi atandukanye.

Mu ikipe y’igihugu ya Cameroon ntibazibagirwa Eto'o Fils kuko yabahesheje ibikombe bibiri bya Afrika mu mwaka wa 2000 na 2002. Yanabahesheje kandi umudali wa zahabu mu mikino Olympic mu mwaka wa 2000, akina imikino 118 mu marushanwa atandukanye atsinda ibitego 56.

Umwanditsi – SAFARI Garcon – inyarwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND