Amakipe ahagarariye umugabane wa Afrika mu irushanwa ry’igikombe cy’isi mu bakinnyi batarengeje imyaka 17 yatangiye yitwara neza, aho Nigeria, Senegal na Angola batsinze imikino yabo ya mbere hakaba hategerejwe kureba uko igihugu cya Cameroon cyitwara imbere ya Takijistan.
U Bwongereza ni bwo buheruka gutwara igikombe muri 2017
Guhera tariki ya 26
Ukwakira 2019 mu gihugu cya Brazil hari kubera imikino y’igikombe cy’isi mu
bakinnyi batarengeje imyaka 17. Ibihugu
24 ni byo byitabiriye iri rushanwa bikaba bigabanyije mu matsinda atandatu.
Ibihugu bihagarariye
umugabane wa Afrika muri iri rushanwa ni Nigeria, Senegal, Cameroon na Angola.
Ibihugu bitatu byo ku mugabane wa Afrika ni byo byamanutse mu kibuga ku munsi wa
mbere byose bibona intsinzi.
Nigeria niyo ifite ibikombe byinshi mu mateka y'iri rushanwa
Ikipe y’igihugu ya Angola
iri mu itsinda rya mbere aho iri kumwe na Brazil yakiriye irushanwa, yakinaga n’igihugu
cya New Zealand, maze angola itsinda ibitego 2-1.
Mu itsinda rya kabiri
ikipe y’igihugu ya Nigeria yanyagiye Hungary ibitego 4-2, ihita inayobora
itsinda.
Ikipe y’igihugu ya Senegal
iri mu itsinda rya kane yanyagiye Leta Zunze Ubumwe za Amerika ibitego 4-1,
nayo ihita iyobora itsinda.
Mu ijoro rishyira
urukerera rw'ejo ku wa Kabiri ku isaha ya saa Saba, indi kipe ihagarariye Afrika iramanuka mu kibuga, iyo ni Cameroon iza
gukina na Takijistan.
Imikino ya Kabiri mu
matsinda izakinwa ku munsi wejo, aho guhera saa 22h00’ ikipe y’igihugu ya
Angola izakina na Canada, mu gihe kuri iyo saha kandi Nigeria izaba ikina na
Equador.
Ku wa Gatatu saa 22h00’ Senegal
izakina n’ ubuholandi , mu gihe ku wa Gatanu saa 01h00’ Cameroon izakina na
Argentine.
Umugabane wa Afrika ufite
amateka meza muri iri rushanwa kuko amakipe ahakomoka akunda gutwara iki
gikombe. Mu makipe ahabwa amahirwe yo kwegukana igikombe cy’uyu mwaka harimo
Brazil iri mu rugo, Nigeria na Senegal zo muri Africa. Igikombe giheruka kikaba
cyari cyatwawe n’igihugu cy’ ubwongereza bwatsinze ku mukino wa nyuma Brazil.
Nigeria niyo ifite ibikombe byinshi kuko ifite bitanu, igakurikirwa na Brazil ifite bitatu naho Ghana itaritabiriye ikagira bibiri. Tariki 17 Ugushyingo 2019 ni bwo hazamenyekana ikipe yegukanye igikombe cy’uyu mwaka mu mikino y’igikombe cy’isi mu batarengeje imyaka 17.
Umwanditsi – SAFARI Garcon
– inyarwanda.com
TANGA IGITECYEREZO