RFL
Kigali

Youth Connekt Africa: Imbaraga mu iterambere ry’urubyiruko rw’Afurika

Yanditswe na: Editor
Taliki:8/10/2019 16:41
0


Youth Connekt Africa, ni uhuriro ngarukamwaka, rihuriza hamwe urubyiruko rw’Afurika mu kwiga ku buryo hatezwa imbere urubyiruko ndetse n’umugabane muri rusange. Youth Connekt Africa 2019 igiye kubera mu Rwanda tariki 9-11/10/2019 muri Kigali Arena.



Youth Connekt yatangijwe na Repubulika y’u Rwanda ifatananyije na UNDP (United Nations Development Programme) ndetse n’ibindi bihugu by’Afurika. Iki gitekerezo cyashyizweho ngo gikemure imbogamizi n’ibibazo urubyiruko ruhura nabyo, nk’ ibura ry’akazi, imishahara idahagije, uburezi budahagije, kudahabwa umwanya mu ifatwa ry’imyanzuro mu nzego z’ ubuyobozi n’ibindi. Mu kuri, iri huriro rimaze kwaguka, kuko ubu rimaze kugira ibihugu bifatanyabikorwa bigera kuri 12, bafatanya ngo hagere ku ntego Youth Connekt Africa yihaye harimo:

·         Guhanga imirimo igera kuri miliyoni 10 y’urubyiruko

·         Guhuza urubyiruko rw’Afurika rugera kuri miliyoni 100

·         Kurema byibuza miliyoni 1 y’abayobozi b'ahazaza baturutse mu rubyiruko, ndetse n’izindi. 

Ubu, Youth Connekt yabaye igikorwa gikomeye muri Afurika, ni ukuvuga urebeye mu ruhande rw’ubwitabire; abasaba ndetse n’abatumirwa, abafatanyabikorwa, ndetse n’ibiba biteganyijwe gukorwa muri rusange. Mu mwaka ushize wa 2018, Youth Connekt, yagaragaje ko abari basabye kwitabira iyo nama bageraga ku 8,450 gusa hemererwa 3,500 muri bo, habonetse 3,272. Ni mu gihe, igitsinagabo cyari kuri 59.25% naho 40.75% ari igitsinagore. Abagera kuri 60 ni bo batanze ibiganiro ku bari bitabiriye baturutse mu bihugu bigera kuri 90.

Youth Connekt Africa, mu busanzwe, yitabirwa n’urubyiruko ruturutse imihanda yose y’Afurika ariko, hakaba n’umwihariko w’uko hitabira abakuru b’ibihugu, abanyepolitiki, abashoramari, abahanzi ndetse n’abandi bantu bakomeye kuri uyu mugabane. Nk’umwaka ushize, habonetsemo nyiri Alibaba Jack Ma, umuririmbyi akaba n’umushoramari Akon. Aba, n’abandi bitabira bakanatanga ibiganiro kuri urwo rubyiruko, ni bo bafasha mu kongera imyumvire ndetse n’imitekerereze y’urubyiruko nk’umwihariko ndetse n’abitabiriye muri rusange.

Ubu, iyi nama imyiteguro yayo irarimbanije, kuko habura amasaha. Biteganijwe ko itangira tariki 9 Ukwakira 2019 Kigali, Rwanda. Abarenga 100 baturutse mu nzego zitandukanye bazitabira iyi nama iba ihariwe gutera imbaraga urubyiruko rw’Afurika. Mu byo iyi nama izibandaho muri uyu mwaka twavugamo:

·         Guhanga imirimo muri Afurika

·    Kugaruka ku buhinzi, ndetse hakanatangwa ibiganiro n’abashoramari mu buhinzi mu rwego rwo gushishikariza urubyiruko gukora ishoramari mu buhinzi

·       Youth Connekt Africa ikazatanga ibihembo ndetse hanatangwe umwanya w’iminota itanu ku rubyiruko rufite udushya, batumurikire imbaga isaba ihari ariko banahatanira amafaranga 200,000 by’Amadorali y’ Amerika

·         Hakazabaho ijoro ryo kwiruka muri Kigali (Kigali Night Run). Kwiruka, bitanganijwe ko bizakwora ku birometero 5.4 kuva saa moya z’ijoro (7pm). ndetse n’ibindi.



Ikarita igaragaza aho baziruka

Ibyo byose n’ibitavuzwe, bizabera muri Kigali Arena ndetse na Kigali Convention Center (KCC), kuva tariki 9 kugeza 11 Ukwakira 2019. Umwihariko wa Youth Connekt Africa ya 2019, ifite insanganyamatsiko igira iti “Boosting an Industrious Young Africa”, ni uko izitabirwa n’icyamamare mu mupira w’amaguru Didier Drogba, uzwi cyane muri Chelsea yo mu Bwongereza.


Patoranking, Meddy, Bruce Melody, Charly & Nina; igitaramo cya YCA 2019

Src: youthconnektafrica.org, Eventbrite.com

Umwanditsi: Faridi Muhawenimana






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND