Mu buzima busanzwe umukobwa ni umuntu udakunze kugaragaza amarangamutima ye kuko ushobora kwibaza niba ashobora kugira urukundo cyangwa niba bitabaho nyamara akenshi ni nabo bakunda cyane ariko kugira ngo babitobore bavuge biba ikibazo kuko ahanini mu muco w’abanyarwanda bitamenyerewe ko umukobwa abwira umuhungu ko amukunda.
Ubusanzwe rero gukunda no gukundwa ni ibintu byizana, kandi ntawe bitabaho muri iyi si dutuyeho, yaba ashaje cyangwa ari muto. Gusa ikigora ni ukumenya niba hari umuntu ukwitayeho cyangwa ugukunda, ngo mube mwahuza urugwiro, mu gihe nawe ukeneye kubona umukunzi. Nubona rero ibimenyetso ku mukobwa wiyumvamo ntuzace ku ruhande uzahite umukura mu buribwe bw’urukundo maze nawe umukunde:
1.Inseko
Umukobwa yagukunze ntiyifuza kukubona ubabaye na rimwe, bityo bigatuma yumva
yakubwira amagambo agushimisha, kugira ngo akubone useka. Usanga kandi iyo
yinjiye aho uri, murebana akamwenyura, ndetse ku buryo iyo munaganira acishamo
agaseka ku tuntu tumwe na tumwe muba muganira, ngo akwereke ko akwitayeho cyane.
2.Akunda kukureba cyane
Amaso burya ni igice cy’umubiri kidasanzwe, kuko gitanga ubutumwa bwinshi mu
bwonko bw’umuntu. Mu gihe rero umukobwa azaba yagukunze azahora ashaka
kukwitegereza, cyane cyane nk'iyo umunyuzeho, iyo muri kumwe muganira, iyo
mwahuriye nko mu birori, cyangwa ahandi hose hahuza abantu benshi. Cyane cyane
nushaka kumureba uzabona ko muzajya mukunda guhuza amaso kenshi, agasa
nk'uwijijisha akareba hirya.
3.Ibimenyetso by’umubiri
Ibimenyetso by’umubiri bikunda kuvuga ibintu byinshi, ariko si abantu benshi
bakunze kubisobanukirwa. Nubona umukobwa muhuye cyangwa yinjiye ahantu uri
akakwicira akajisho atavuze, akagukubita agashyi, akagukora mu mugongo,
akakwicara iruhande, n’ibindi byinshi, ujye umenya ko hari ikintu kidasanzwe
arimo kukwereka.
4.Akunda kukuvuga
Mu by'ukuri nta mukobwa utagira ikigare (group), iyo bari kumwe rero bakunda
kuganira ibintu byinshi, cyane cyane ntibashobora gutandukana batavuze ku
ngingo y’abasore, baba incuti zabo cyangwa abo bakorana. Iyo bateruye icyo
kiganiro rero, usanga umukobwa wagupfuye ahora agutangaho ingero muri
bagenzi be, icyo bavuze cyose akagisanisha nawe.
5.Azagusaba ko musohokana
Ushobora kuba wari inshuti n’umukobwa bisanzwe, mukorana, mwigana, cyangwa se
hari ibindi bintu byinshi muhuriramo, byazagera aho, ukumva atangiye kujya
agusaba ko mwasohoka mwenyine. Mu by'ukuri aba ashaka ko hari icyo
mwazaganiraho mwiherereye mutari muri rwaserera.
6.Azakoresha uko ashoboye kugira ngo aguhore iruhande
Burya iyo ukunda umuntu uba wunva mwahora muri kumwe cyane. Umukobwa rero iyo
yakwikundiye, akoresha ibishoboka byose akajya aba ari aho nawe ukunda kujya,
kandi mukaza kubonana. Urugero, nk'iyo ukunda kujya kubyina, kureba umupira se,
n’ahandi, usanga akunda kuhaza, kandi abacuti be bataha agasigarana nawe,
mukavugana ho amagambo make gusa, akitahira.
7.Azakubwira ko akunda imico yawe
Umukobwa nakubwira ko yikundira imico yawe, mbese nk’ukuntu ugenda, useka,
ijwi, ubwitonzi, kwambara se, n’utundi tuntu twinshi tukwerekeyeho, azaba
akubwiye ko agukunda. Ni bwo buryo bwe azaba akoresheje kugira ngo akwereke ko
yagukunze.
8.Akwereka ko akwitayeho buri gihe
Burya umukobwa wagukunze, aba ashaka kukwereka ko ariwe muntu ukwitayeho
kurusha abandi. Nk'iyo muri kumwe na bagenzi banyu, usanga akunganira mu bintu
byose uvuga, bakubaza nk’ikibazo nawe akagushyigikira, wavuga ikintu
akakunganira, kandi akagerageza kwereka abandi ko uvuze ibintu bifite akamaro.
9.Akunda kukugira inama z’ubuzima
Niba umukobwa yarakubengutse uzajya wumva arimo kukugira inama z’ubuzima,
akwereka icyo wakora ngo witeze imbere n’icyo utagomba gukora. Ibi kandi nta mwanya munini bizamutwara, kuko azabikubwira igihe muzaba muganira.
10.Aragufuhira
Gufuha ni ibintu bigirwa na benshi, cyane cyane iyo bakundana, kandi usanga
umuntu ufuhira undi, aba amukunda koko by’ukuri. Iyo umukobwa rero mumaze
kumenyerana, muganira bisanzwe, ushobora kutamenya ko yagukunze. Ariko nubona
akunda kukubaza niba umukobwa runaka ari inshuti yawe, cyangwa akakubaza icyo
upanga n’umukobwa yigeze kubabonana, uzamenye ko burya atabikunda, ahubwo aba
ashaka ko ari we wenyine wakikundira.
Src: elitedaily.com
TANGA IGITECYEREZO