RFL
Kigali

Royal Fm yashyizeho amarushanwa y’abanyempano mu Rwanda hose, ibihembo nyamukuru ni uguhabwa akazi na Miliyoni

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:24/07/2019 9:54
1


Royal Fm ni imwe mu maradiyo akomeye hano mu Rwanda, muri iyi minsi igiye gukora irushanwa ry’abanyempano mu kubyina ndetse no gukora kuri radiyo. Nyuma yo kuzenguruka igihugu abazatsinda muri buri ntara bazavanwamo abitwaye neza kurusha abandi bityo bagenerwe ibihembo.



Muri iri rushanwa  ryitwa “Talent Zone” rigiye kuba ku nshuro ya gatatu hazarushanwa ababyinnyi ndetse n'abanyamakuru, abategura irushanwa bazazenguruka igihugu bashaka abanyempano bityo aba nyuma bazahatanire mu mujyi wa Kigali. Uwa mbere mu kubyina azahabwa Miliyoni y’amafaranga y’u Rwanda mu gihe uwa kabiri ari 500,000frw naho uwa gatatu bibe 300,000frw.

Uzaba uwa mbere mu kugaragaza impano yo gukora kuri radiyo azahabwa akazi kuri radiyo, uwa kabiri agahabwa ibihumbi magana atatu (300,000frw) naho uwa gatatu  ahabwe ibihumbi Magana abiri (200,000frw), abifuza guhatana  bari kwiyandikisha binyuze kuri nimero 0780659351.

Talent ZoneTalent Zone

Nk'uko Emmalito uri mu bategura iri rushanwa yabitangarije Inyarwanda, ngo iki ni igikorwa batangije mu rwego rwo gushakisha abanyempano baba barabuze aho bagaragariza impano zabo. Iri rushanwa ariko kandi rizazenguruka igihugu cyane ko bazanyura mu turere nka Kayonza, Musanze, Rubavu, Huye na Kigali.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • nshimiyimana4 years ago
    ewana iyi gahunda ninziza cyane kandi abantu nkatwe dufite impano tuzahazamukira!





Inyarwanda BACKGROUND