RFL
Kigali

Wari uzi ko kugira ubwoba bukabije n’isereri biterwa no kubura Vitamine ?

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:28/01/2019 11:59
0


Kuzungera no kugira isereri ni indwara zizahaje abatari bake mu isi, bishobora kuba ubumuga buhoraho. Nyamara ubushakashatsi bugaragaza ko indyo mbi iri ku isonga mu bitera ibyo bibazo.



Mu cyegeranyo cy’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS), kigaragaza ko abasaga Miliyoni 260 ku isi barwaye indwara y’ihungabana abenshi muri bo bibasiwe n’izi ndwara.

Abantu bafite ikibazo cy’ubwoba bukabije ndetse n’ibibazo by’iseseri mu mutwe bagira ikibazo cyo kudatuza cyangwa ipfunwe baterwa n’ibibazo bakunda kwisangamo biturutse ku burwayi bafite. Ku muntu usanzwe agira ibyo bibazo hari ibimenyetso bishobora kumuburira ko n’ubundi agiye kongera gufatwa n’iyo ndwara birimo:

Gututubikana bidasanzwe, Kwitsamura buri kanya, Kwayura cyane, Gutangira kumva ihungabana ry’amarangamutima,Umunaniro udasanzwe,Guteraguzwa k’umutima, Gutitira no kuzungera. Iri hungabana rishobora kuza igihe rishakiye cyangwa rigize ikirizamura, rishobora kumara agahe gato cyangwa umwanya munini ndetse iyo ribaye irihoraho rishobora gutera ibindi bibazo bikomeye nk’agahinda gakabije.

Uburyo bwiza bwo kuvura iryo hungabana, ni ukubanza kumenya icyariteye. Ibintu bibabaje kandi biteye ubwoba mu gihe cy’ubwana, indwara z’umubiri ni zimwe mu mpamvu zishobora gutera iryo hungabana,Kukigero kimwe kubura Vitamine n’intungamubiri zihagije bishobora guhungabanya ubwonko nk’uko byemezwa n’abahanga.

Isano iri hagati y’uko guhungabana no kubura  vitamine B6 n’umunyungugu wa fer 

Nk’uko bitangazwa n’ishami ry’ubuvuzi mu gashami k’indembe mu bitaro bya Atago  mu gihugu cy’Ubuyapani, Kugabanuka cyangwa kubura kwa Vitamine B6 n’umunyungugu wa Fer bifitanye isano ya hafi n’indwara y’ubwoba bukabije nk’ikimenyetso cyo guhungabana k’ubwonko.

Ubusanzwe Vitamine B6 igira umumaro ukomeye mu gusazura imvura zitukura no mu ikorwa ry’imisemburo itandukanye nka sérotonine; umusemburo wo kwishima, ukunze kubura kubantu bafite ihungabana, igira uruhare kandi mu ikorwa rya proteine zitandukanye zifasha umubiri mu mu mikorere yawo yabukanya harimo dopamine na noradrénaline,imisemburo y’ibyishimo no kurwanya stress.

Abashakashatsi babonye ko ibura rya Vitamine B6 n’umunyungugu wa Fer mu mubiri ryagize uruhare rukomeye ku barwayi b’ubwoba bukabije ndetse n’isereri. Bityo ku kwirinda no kuvura indwara z’ubwoba bukabije ndetse no kuzungera ni byiza kurya indyo ikungahaye kuri Vitamine B6 n’umunyungugu wa Fer. 

Dukurikije icyegeranyo cy’Ikigo gikuru cy’umutekano w’ibiribwa, ibidukikije n’umurimo mu Buyapani  dore ibiribwa bikungaye kuri Vitamine B6: Imbeke z’ibihwagari  (1,24mg/100g), Imbeke za sésame (0,79mg/100g), Lentille: ni ubwoko bw’ibishyimbo (0,55mg/100g), Umuneke (0,44mg/100g), Urubobi rya Spiruline (0,36mg/100g), Imboga za Épinards (0,21mg/100g), Amashu (0,14mg/100g) n'Inanasi (0,10mg/100g).

Dukurikije icyegeranyo cy’Ikigo gikuru cy’umutekano w’ibiribwa, ibidukikije n’umurimo mu Buyapani  dore ibiribwa bikungaye kuri fer:  Impeke za coriandre (16,3mg/100g), Impeke za sésame (14,6mg/100g), Ibirungo bwa Persil (4,67 mg/100g), Ikawa yo mu bwoko Moulu  (4,1mg/100g), Chocolat (3,7mg/100g), Amandes (3 mg/100g), Inyama zitukura (2,84mg/100g), ibishyimbo bya Lentilles (2,45mg/100g), Ibishyimbo bitukura (2,3mg/100g), Imboga za Épinard (2,14mg/100g), Ibishyimbo by’umweru (1,7mg/100g), Betterave (0,79mg/100g) n'Inyanya (0,12mg/100g)

Src: santemedecine.net






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND