RFL
Kigali

Bidasubirwaho, kubyina birinda ubwonko gusaza!

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:23/01/2019 12:04
0


Uko umuntu agenda asaza ku mubiri n’ubwonko nabwo bugenda busaza ndetse ari nabyo bitera kwibagirwa cyane.



Ubushakashatsi bushya bwasohotse mu kinyamakuru Human Neuroscience, bwerekana ko abantu bashaje ariko bahora bakora imyitozo ngororamubiri ariko by’umwihariko kubyina birinda ubwonko bwabo gusaza.

 «Imbyino ni ingenzi cyane, kuko bituma ubwonko butinda gusaza ugeraranyinije n’imyaka umuntu afite n’uko agaragaza ku ruhu»,Byatangajwe na Dr Kathrin Rehfeld, Umuyobozi mukuru w’itsinda ryakoze ubwo bushakashatsi, rikorera mu kigo cy’igihugu cy’u Budage gikora ubushakashatsi ku ndwara zifitanye isano n’imikorere y’ubwonko cya Magdebourg

Akomeza agira ati « Ubu bushakashatsi bwatweretse ko hari ubwoko bubiri bw’imyitozo  ngororamubiri (Kubyina bisanzwe no kubyina abantu bafatanye cyangwa Ingwatira) byombi byongera imikorere y’ubwonko ku buryo bisa naho biri kugabanya imyaka y’ubukure. Ugereranije kubyina konyine bitera guhindura imyitwarire ku buryo ubona ko umuntu ashaje ariko mu mutwe agifite imbaraga z’ibitekerezo».

Mu gukora ubushakashatsi bifashishije abakorerabushake barengeje imyaka 68 y’ubukure, bahabwa gahunda y’uburyo bazajya babyina mu cyumweru, basabwa kubyina ingwatira ndetse n’imbyino zo kwirekura. Nyuma baje gusanga muri aya matsinda yombi harabayeho kwaguka mu bwonko mu gace kitwa Hippocampe (Soma ipokampe) ni agace k’ingenzi cyane kuko ni ko kifashishwa mu gupima ibitekerezo ndetse n’ikigero cy’imyaka kandi niko gakunze kwibasirwa n’indwara ya Alzheimer.

Hippocampe ni urufunguzo ry’ububiko no gufata mu mutwe. «Umuntu wese yifuza kubaho ubuzima bwiza igihe kirekire kandi bwuzuyemo kwishyira ukizana. Imyitozo ngororamubiri ni kimwe mu byagufasha kubigeraho, kuko igufasha kurwanya indwara nyinshi ndetse byagufasha kugabanya umuvuduko w’izabukuru. Ndahamya ko kubyina ari igikoresho gikomeye gifasha umubiri n’umwuka ariko cyane cyane ku bantu bakuze ». Ibi byavuzwe na Dr Kathrin Rehfeld

Src: santemedecine.net

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND