RFL
Kigali

Niyonzima Olivier Sefu yatwaye igihembo cya SKOL na March’ Generation Fan Club-AMAFOTO+VIDEO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:22/01/2019 21:39
1


Niyonzima Olivier Sefu umukinnyi wo hagati mu ikipe ya Rayon Sports n’Amavubi yatwaye igihembo cy’umukinnyi w’Ukwezi k’Ukuboza 2018 nyuma yo guhigika Manzi Thierry na Michael Sarpong.



Niyonzima Olivier mu Ukuboza 2018 yagaragaje umuhate no gufasha Rayon Sports kuba babona intsinzi kuko yaje no kongeraho gutsinda igitego ubwo bakinaga na FC Bugesera kuri sitade ya Kigali. Ni igikorwa cyateguwe n’itsinda ry’abafana bibumbiye mu kitwa March’ Generation Fan Club ariko kuri ubu bakaba bafatanya n’uruganda rwa SKOL, umuterankunga mukuru wa Rayon Sports.


SKOL na March'Generation Fan Club bafatanyije mu guhemba Niyonzima Olivier Sefu

Nyuma yo guhabwa iki gihembo, Niyonzima Olivier Sefu yabwiye abanyamakuru ko yishimiye guhembwa kandi ko ari inyungu ku ikipe ya Rayon Sports kuko bituma abakinnyi bakomeza gukora cyane bityo bigatanga umusaruro ushimisha abafana.

“Biranshimishije cyane kuko binyereka ko hari akazi nakoze. Biranyongerera gukora cyane kuko iyo uhembwe bitera imbaraga, ngiye gukora cyane kugira ngo nkomeze gutera imbere mbashe no kwegukana ibihembo biri imbere”. Niyonzima


Niyonzima Olivier Sefu yahembwe nk'umukinnyi witwaye neza mu Ukuboza 2018 muri Rayon Sports

Niyonzima avuga ko mu gihe hazaba hatangwa igihembo cy’ukwezi kwa Mutarama 2019 yizeye ko aramutse agiye mu bazahatana yakongera akagitwara kuko ngo agifite iminsi yo gukomeza kwitwara neza. Mu ntangiriro z’umwaka w’imikino 2014-2015, Niyonzima yagiye mu Isonga FC nyuma banaza no kuzamuka mu cyiciro cya mbere muri Nyakanga 2015.


Ni gahunda izakomeza kuba ngaruka kwezi

Mu 2015 hagati ni bwo Niyonzima yasinye amasezerano y’imyaka ibiri muri Rayon Sports. Shampiyona y’umwaka w’imikino 2016-2017 yasanze Niyonzima Olivier ari muri Rayon Sports afatanya nayo gutwara igikombe cy’Amahoro 2016 banatwara igikombe cya shampiyona 2016-2017. Kuri ubu kandi Rayon Sports ikaba ibitse ibikombe bibiri by’Agaciro Development Fund (2017,2018) yatwaye irimo Niyonzima Olivier Sefu.


Niyonzima Olivier Sefu ni umukinnyi ukomeye muri Rayon Sports

Niyonzima kandi yafatanyije na Rayon Sports kugera mu mikino ya ¼ cya Total CAF Confederation Cup 2017-2018 baza gukurwamo na Enyimba SC yo muri Nigeria. Niyonzima Olivier yongereye amasezerano mu mpera za 2017 kuko amasezerano ye y’imyaka ibiri (2017-2019) azarangirana n’uyu mwaka w’imikino 2018-2019.

REBA HANO UKO BYARI BIMEZE MURI IBI BIRORI

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Jkb5 years ago
    Rayon yakabaye itangira kumwegera kuri gahunda yokongera amasezerano.kuko mbona uyumuhungu azatwibagiza Piero.





Inyarwanda BACKGROUND