RFL
Kigali

FERWAFA ivuga iki ku mikoro macye ari mu makipe ?

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:28/12/2018 19:20
1


Kuri ubu mu Rwanda harabarurwa amakipe 39 akina amarushanwa ategurwa na FERWAFA arimo amakipe 23 akina icyiciro cya kabiri n’amakipe 16 akina icyiciro cya mbere cya shampiyona y’umupira w’amaguru ndetse yose uko ari 39 agahurira mu mikino y’igikombe cy’Amahoro kiba buri mwaka.



Iyo wicaye ugatega amatwi mu makipe atandukanye usanga buri gihe haba harimo ibibazo by’amikoro ahanini bishingiye ku ibura ry’amafaranga yo guhemba abakinnyi cyangwa kuba ikipe runaka yabona amafaranga ahagije yo kugura no gutunga abakinnyi bakomeye.

Akenshi usanga amakipe arenganya ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda mu kuba batabafasha mu bibazo by’amikoro cyane mu bijyanye no kuba babafasha kubona abatera nkunga.

Rtd.Brig.Gen. Sekamana Jean Damascene perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) avuga ko iri shyirahamwe ridafite mu nshingano gushakira amakipe uko abaho mu buryo bwihuse ahubwo ko amakipe ariyo yakabaye atuma FERWAFA abaho bayaha imisanzu nk’abanyamuryango.

“Buri kipe yose igomba kwishakira umutera nkunga. Ariko mbere na mbere abantu babanza kureba uburyo ikipe yubatse bakareba niba bazabishobora. Ikibazo gihari rero ntabwo ari FERWAFA ikwiye gushakira amakipe uko azabaho ahubwo ubuyobozi bw’imbere mu ikipe nibwo bukwiye kubikora, nibyo turi kubashishikariza. Kubabashakira umuntu yabikora ariko ntabwo wakwizera ko byagerwaho kuko umutera  nkunga niwe wagira ibyo aganira n’ikipe kandi birashoboka kuko hano mu gihugu dufite amakompanyi menshi”. Rtd.Brig.Gen.Sekamana

Rtd.Brig.Gen.Sekamana Jean Damascene perezida wa FERWAFA aganira n'abanyamakuru kuwa Kane tariki 27 Ukuboza 2018

Agaruka ku kuba amakipe yakabaye ariyo atanga imisanzu itubutse yo gutunga FERWAFA, Rtd.Brig.Gen.Sekamana Jean Damascene yagize ati “Amakipe niyo yakabaye atunga FERWAFA si FERWAFA yakabaye iyafasha byose, ni itegeko ko bakabaye batanga imisanzu yo gutunga FERWAFA. Urumva ko rero uko gahunda imeze aribyo binatanga ishusho y’umupira dufite mu gihugu imbere”. Rtd.Brig.Gen.Sekamana

Rtd.Brig.Gen.Sekamana Jean Damascene umuyobozi mukuru wa FERWAFA

Ku bijyanye no kuba Minisiteri ya Siporo n’umuco (MINISPOC) yarakuyeho amafaranga yahaga amakipe (Clubs) mu marushanwa yo gukina imikino Nyafurika, Rtd.Brig.Gen.Sekamana Jean Damascene avuga ko nta kintu kidasanzwe yabivugaho kuko atazi impamvu mbere byakorwaga bikaba byarakuweho mu minsi micye ishize.

Rtd.Brig.Gen.Sekamana Jean Damascene avuga ko atumva ukuntu MINISPOC yakuyeho gahunda yari yari yemeje     






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Chad Nsana5 years ago
    Nigute Gen akuriye FERWAFA? Ninkogufata umukinnyi wumupira agahagararira ingabo zigihugu. Ibibazo bituruka kubayobozi batanyuze mubibazo byabakinnyi. Nubwumvikane hagati yabayobozi nabakuriye amakipe byafasha impande zombi.





Inyarwanda BACKGROUND