RFL
Kigali

Dore amwe mu mafunguro yagufasha kongerera umubiri wawe ingufu

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:28/12/2018 22:15
1


Burya kugira ngo umubiri w’umuntu ukore neza ni uko uba ufite imbaraga kandi izo mbaraga nta handi ziva uretse mu mafunguro ya buri munsi dufata, izo ngufu rero zitakarira mu gukoresha ubwonko kuko bukoresha 20% by’ingufu ndetse n’umubiri muri rusange.



Gusa nanone dukwiye kumenya ko atari amafunguro abonetse yose twakuramo imbaraga, cyane ko hari n’azitwara, urugero ni ariya mafunguro arushya mu igogora, icyo gihe rero umubiri utakaza imbaraga nyinshi kugirango igogora rigende neza. Hano twaguteguriye amafunguro atagoye kuboneka kandi aza ku mwanya w’imbere mu kuguha ingufu umubiri wawe ukeneye buri munsi.

Ibijumba: Nubwo benhi babyanga ndetse bakaba barabihariye abo mu cyaro, ariko niba ushaka kugira imbaraga, ihate ibijumba kuko Bikungahaye kuri beta-carotene ihindukamo vitamin A igeze mu mubiri ndetse na vitamin C bifatanya kurwanya umunaniro aha rero ushobora kubitogosa ukabirya bihase cyangwa se bidahase.

Imineke: iri mu mbuto zikungahaye ku masukari anyuranye dore ko habonekamo glucose, fructose na sucrose. Si ibi gusa hanabonekamo fibre byose bikaba isoko nziza y’ingufu. Waba ugiye gukora imibonano cyangwa uyirangije, waba ugiye gukora siporo cyangwa uyirangije, waba ugiye kwiga, umuneke uzagufasha. Gusa uzibuke kutawurya nijoro kuko watuma ugira ibimyira byinshi cyane cyane iyo urwaye ibicurane.

Epinari: Izi ziri mu mboga umwana utangiye guhabwa ifashabere asabwa guheraho, umugore utwite asabwa kurya ndetse n’uwonsa agomba kwitaho. Ndetse n’ukirutse indwara asabwa kuzirya cyane kuko zikungahaye ku butare, bukaba urufunguzo rwo gukorwa kw’ingufu mu mubiri. wazitogosa, wazirya salade uzinyujije ku kariro gacye, wazivangamu isombe, epinari ni ingenzi.

Amagi: burya amagi niyo agira protein kurusha andi mafunguro yose kuko afite 97% byayo, ikaba ingana na 30% bya poroteyine ukeneye. Si ibyo gusa kuko n’ibyo imikaya yawe ikeneye ngo yiyubake byose mu igi wabisangamo. Poroteyine nazo zihindurwamo ingufu umubiri ubifashijwemo na manganese. ibyiza rero ni ukuyarya atogosheje kandi burya niyo warya amagi 3 ku munsi nta kosa ririmo.

Mu yandi mafunguro abahanga mu bijyanye n’imirire bavuga harimo, ibishyimbo, amacunga, yawurute, pomme, ubuki, umuceri w’ikigina ndetse n’ibitonore bya soya.

Src; amelioretasante.com

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Ndungutse-evariste5 years ago
    Kbsa,ibyo muvuze n'ukuri,ahubwo ibijumba ntibikicyitirirw'abanyacyaro nkuko mubivuga ahubwo ngo n'ibinigambwa.kudah'agaciro kibyo twihingira kdi biboneka ino iwacu bitatugoye n'ibyo birikujya bituma duhura n'ingaruka nk'izo nizo,murakoze.





Inyarwanda BACKGROUND