Karema Eric myugariro wa Marines FC kuri ubu ubwo shampiyoa yinikije, ntabwo ari gukina bitewe n’ikibazo cy’imvune yagize mu ivi ry’iburyo, ikibazo yahuye nacyo ubwo iyi kipe y’ingabo zirwanira mu mazi yari mu myiteguro ya shampiyona.
Karema w’imyaka
23 kuri ubu uri iwabo mu murenge wa Nyamirambo mu mujyi wa Kigali, avuga ko
yihebye nyuma yo kuvunika kuko yibwira ko yakabaye yarakize akab akina nk’abandi
bakinnyi.
“Nagizze
ikibazo cyo mu ivi ry’iburyo ubwo twiteguraga shampiyona. Icyo gihe twakinaga
na Virunga FC yo muri DR Congo. Naje kumererwa nabi nkajya mbura n’uburyo
nsohoka mu nzu mpitamo guhita ntaha iwacu kuko numvaga bikomeye. Ubu nabuze
ubushobozi ku buryo nanyura mu cyuma byibura bakareba ikibazo uko kimeze”.
Karema
Karema Eric myugariro wa Marines FC uvuga ko yihebye kubera imvune
Cpt.Hakizimana
Godefroid umunyamabanga mukuru w’ikipe ya Marines FC avuga ko batagize
uburangare bwo kuvuza umukinnyi ahubwo ko bamenye ko ikibazo afite gikomeye
batinze kuko ngo Karema ubwe yabivuze mbere gato ko Marines FC yakira Kirehe FC
kuwa Kabiri tariki 18 Ukuboza 2018.
Mu kiganiro
yagiranye na INYARWANDA, Cpt.Hakizimana yavuze ko Karema yabasabye uruhushya
ababwira ko atashye agiye kwivuza bahuta bumva ko atari imvune ikomeye. Nyuma
ngo nibwo yaje kubabwira ko bikomeye bityo bakaba bari kubikurikirana kugira
ngo avurwe.
“Yatwatse uruhushya avuga ko yavunitse bityo akaba agiye kwivuza. Yavuze ko hari umuntu ushobora kumuvura mwandeka nkajya mu rugo nkivuza. Ikibazo cy’uko nta bushobozi afite yakimbwiye turi kwitegura umukino wa Kirehe FC, ndamubwira nti ibyo tuzabiganiraho na komite kuko amafaranga atari njye uyatanga njyenyine ahubwo ko twicara nka komite tukabiganiraho tukayasohora. Ikibazo yakimbwiye ejo bundi ntabwo twari tubizi wenda ngo tube twaramutereranye”. Cpt.Godefroid
Cpt.Hakizimana Godefroid (Ibumoso) na Rwasamanzi Yves (Iburyo) umutoza mukuru wa FC Marines
Karema Eric yakunze kwambara igitambaro cya kapiteni cya FC Marines
Cpt.Hakizimana
ahamya ko FC Marines ari ikipe yifite ku buryo itakwemera umugayo wo gutererana
umukinnyi wayo ku buryo atavurwa.
“Marines FC
ni ikipe ifite ubushobozi ntabwo twateranya umukinnyi kuko na Gentil (Kambale)
yaravunitse duheruka kumuvuza ndetse n’abandi bakinnyi turazirikana tukabajyana
bagaca mu cyuma bakareba uko bameze. Ntabwo Marines FC byatunanira kuvuza
umukinnyi. Cpt.Godefroid
Cpt.Hakizimana
yasoje avuga ko kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Ukuboza 2018 komite ya FC Marines
ifitanye inama bityo ko ku murongo w’ibyigwa hagomba kuba hariho ikibazo cya
Karema Eric bityo bagashaka uburyo bagicyemura byihuse.
“Tugomba
kubikora kuko ni umukinnyi natwe ducyeneye. Kuri uyu wa Gatanu dufite inama nka
komite nibwo ikibazo cye tuzakiganiraho turebe icyo twakora hakiri kare”.
Karema Eric (13) ubwo FC Marines yakinaga na Kiyovu Sport ahanganye na Lomami Andre
Karema Eric (13) ahanganye na Ismaila Diarra (20)
Karema Eric
yageze muri FC Marines mu 2015 bityo kuri ubu akaba agifite amasezerano y’umwaka
umwe w’imikino wamaze no gutangira. Karema, yagiye muri FC Marines akubutse mu
Isonga FA.
TANGA IGITECYEREZO