RFL
Kigali

Kuri uyu mugoroba ibihugu byitabiriye Fespad nabyo byarushanijwe kubyina.

Yanditswe na: slim dallas
Taliki:1/03/2013 19:40
0




Muri ibi birori byabereye kuri petit stade i Remera ,ibihugu byose bikaba byagiye bigaragaza umwihariko wabyo mu mbyino gakondo zaho baturuka. Muri rusange ibihugu byose bikaba byabashije kwegukana imidari nkuko byagaragaye  nyuma yo kubyina  gusa  u Rwanda na RDB bakaba ariko begukanye imidali myinshi mubihugu byari byitabiriye harimo U Rwanda,RDC,Namibia,Burundi,Missiri na Uganda.

fespad

Barindiriye  kumva abahize abandi.

Nubwo kumenya abarushije abandi bitari byoroshye akanama k’abakemurampaka kari kagizwe n’umunyamerikakazi Elizabeth Spockman, Papy Ebotany na Emery  gatangaje ibi bikurikira nyuma y’umwiherero:

-Abarundi  nibo bitwaye neza kurukiniro (Best performance on stage),

-Urukerereza nibo bitwaye neza mu kugaragaza imbyino nziza (Best choreography),

-Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yitwara neza mu kubahiriza igihe,

-Abanyamisiri nibo bafanwe cyane n’abari  bari gukurikirana iki gitaramo

-Namibia begukana begukanye umwanya w’uko aribo bitwaye neza mukuririmba

-Abagande nibo bitwaye neza  imbere y’akana nkemura mpaka.

Ibihembo by’ibi bihugu biteganijwe ko bazabishyikirizwa kuri uyu wa gatandatu mu birori bisoza Fespad  bizabera kuri stade Amahoro i Remera guhera ejo saa cyenda z’amanywa.

Seleman Nizeyiman/Inyarwanda.com

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND