RURA
Kigali

Ibimenyetso byakwereka ko wabaswe n'inzoga

Yanditswe na: NKUSI Germain
Taliki:27/02/2025 8:22
0


Indwara yo kubatwa n'inzoga ni ikibazo cy'ubuzima gishobora kugira ingaruka zikomeye ku buzima bw'umuntu, kandi irangwa no kuba umuntu adashobora kugenzura uburyo anywa inzoga, ahorana inyota yo kunywa cyangwa agakomeza kuyinywa nubwo byamuviramo ibibazo.



Ni indwara iterwa no kunywa inzoga mu buryo budakwiye, aho umuntu atabasha kumenya aho urugero rwo kunywa inzoga ruhagaze, bikaba byagira ingaruka ku buzima bwe, ku kazi ke cyangwa ku mibanire ye n'abandi.

Hari ibimenyetso bitandukanye byerekana ko umuntu yaba yarabayeho cyangwa agiye kubatwa n'inzoga. Ibi bimenyetso byagaragajwe n'ibigo by'ubuzima nka American Addiction Center, UK Addiction Treatment Center ndetse na Mayo Clinic. Dore bimwe mu bimenyetso umuntu yakwibonaho agatangira kubona ko afite ikibazo cyo kubatwa n'inzoga:

 Kunanirwa kugenzura ingano y'inzoga unywa: Uyumva atabasha kumenya cyangwa guhitamo neza ingano y'inzoga akwiye kunywa nk’uko bitangazwa n’imbuga zitandukanye  zirimo www.ukat.co.uk

Kumara igihe kirekire unywa inzoga: Aho umuntu ashobora kubaho amezi cyangwa imyaka myinshi anywa inzoga idahagarara.

Gukomeza kunywa inzoga nubwo waba uzi ko zifite ingaruka mbi ku buzima, ku mibanire n'abandi cyangwa mu kazi: Uyumva akomeje kunywa inzoga n'ubwo azi neza ko byangiza cyangwa bigatuma habaho ibibazo.

Kunywera inzoga ahantu hatari hateganyijwe, utwaye imodoka cyangwa uri mu kazi: Abantu bashobora kunywa inzoga ahantu hatemewe cyangwa mu bihe bitari byiza, nk'utwaye imodoka cyangwa mu gihe cyo gukora.

Kugaragaza inyota ikomeye yo gukomeza kunywa inzoga cyangwa kugerageza kenshi kutayinywa ariko bikanga bikakunanira ukongera ukayinywa: Aho umuntu aba afite inyota idasanzwe yo kunywa inzoga, cyangwa akagerageza kuzikuraho ariko bikaba byarananira.

Kugerwaho n'ingaruka zo kutuzuza inshingano zo mu kazi, ishuri cyangwa mu muryango kubera kunywa inzoga: Uyumva hari ingaruka ku buzima bwe, aho atabasha gukora inshingano ze cyangwa kugera ku ntego kubera inzoga.

Kutabasha gukora ibikorwa bya buri munsi nk'akazi cyangwa inshingano zo mu muryango kubera kubura inzoga: Abantu babona ko bagize ikibazo cyo gutakaza imirimo yabo ya buri munsi kuko batabasha kuyikora kubera inzoga.

Kugira inzoga ikintu cy'ingenzi cyane mu buzima bwawe: Umuntu abona inzoga nk'ikintu cy'ingenzi cyane ku buzima bwe kandi afite inyota yo kuyinywa by'ikirenga.

Kugira ikibazo cyo kubira ibyunzwe, gutitira cyangwa kuremba igihe wabuze inzoga: Iyo umuntu atabashije kubona inzoga, ashobora kugaragaza ibimenyetso nk'ibyunzwe, gutitira, cyangwa kugira ibindi bibazo ku mubiri.

Kuba bitakugaragaraho igihe wanyweye inzoga nyinshi: Iyo umuntu anyweye inzoga nyinshi, ashobora kutagaragaza ibimenyetso bimwe na bimwe, birimo no kwigunga cyangwa kutamenya aho yihariye.

Indwara yo kubatwa n'inzoga ishobora kugira ingaruka zikomeye ku buzima bw'umuntu. Iyo umuntu yumvise ko afite ibimenyetso bya yo, ni byiza ko yegera inzego z'ubuzima cyangwa abajyanama mu bijyanye n'ubuzima bwo mu mutwe kugira ngo abone ubufasha bukenewe.








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND