RFL
Kigali

Generation 25 batumiwe muri Pakistan no mu Bufaransa mu maserukiramuco akomeye

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:27/09/2024 14:07
0


Itsinda ry’abasore n’inkumi rya Mashirika Performing Arts and Media rizwi nka Generation 25 bategerejwe mu maserukiramuco akomeye agiye kubera mu gihugu cy’u Bufaransa ndetse no muri Pakistan, mu rwego rwo kugaragaza umukino bateguye ugaragaza ibyiza by’ubumwe n’ubwiyunge muri sosiyete yose aho iva ikagera.



Generation 25 yigaragaje cyane mu iserukiramuco ‘Ubumuntu’ risanzwe ribera ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi. Mu bihe bitandukanye aba basore n’inkumi bagiye bakina umukino-shusho bashushanya urugendo rwo kongera kwiyubaka k’u Rwanda nyuma y’imyaka 30, bashishikariza buri wese gusakaza amahoro n’ubwiyunge.

Muri aya maserukiramuco bitabiriye, bazagaragaza uruhare rw’ubumwe n’ubwiyunge n’icyizere mu kongera kubanisha abantu ku rwego Mpuzamahanga.

Ni umukino bagiye gukina nyuma y’imyaka 30 ishize u Rwanda ruvuye mu icuraburindi rya Jenoside yakorewe Abatutsi. Mu bihe bitandukanye, uyu mukino bagiye bawukina, bakawuhuza n’ibibazo byugariye sosiyete, mu rwego rwo gutuma abantu bacara hagamijwe kubishakira ibisubizo.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 26 Nzeri 2024, nibwo aba basore n’inkumi bageze muri Pakistan bitabiriye iserukiramuco “World Culture” rizabera mu Mujyi wa Karachi mu gihugu cya Pakistan, rizatangira ku Cyumweru tariki 29 Nzeri 2024.’

Ritegurwa n’umuryango Arts Council of Pakistan, rikitabirwa n’abahanzi barenga 450 baturuka mu bihugu bitadukanye byo ku Isi birenga 40. Generation 25, ivuga ko bazita cyane ku kugaragaza urugendo rwo kongera kwiyubaka k’u Rwanda n’inzira yo gukira ibikomere, nyuma y’amateka asharira u Rwanda rwanyuzemo. 

Nyuma ya Pakistan, Generation 25 bategerejwe mu gihugu cy’u Bufaransa mu iserukiramuco ryubakiye ku ikinamico “Renaissance Theater” rizaba ku wa 18 na tariki 19 Ukwakira 2024, rizahuza abantu banyuranye batuye mu bihugu bitandukanye byo mu Burayi.

Generation 25 igizwe n’abasore n’inkumi b’abahanzi, kandi benshi muri bo bavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda.

Bakunze gukina umukino ugaragara ibikomere by’abantu bavutse ku babyeyi bafashwe ku ngufu mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, imiryango yabaye kandi yakuriye mu nkambi, impfubyi n’abapfakazi basizwe na Jenoside n’ibindi.

Generation isobanura ko itegura iyi mikino mu rwego rwo gushyira imbaraga mu biganiro bya mvura nkuvure, bigahuza ababaye mu mateka ndetse n’urubyiruko, mu rwego rwo kumenya amateka birushijeho, no gufata ingamba zihamye mu kurinda ikiremwamuntu kutongera guhura n’amateka asharira.

Iri tsinda ry’inkumi n’abasore ryatangiye gukina imikino nk’iyi kuva ku wa 12 Mata 2019, binyuze mu bikorwa byabereye ku Rwibutso rwa Jenosie rwa Kigali. Kuva, icyo gihe abantu bakunze ubutumwa batambutsa, batangira gutumirwa mu bice bitandukanye by’u Rwanda, ndetse banatumirwa ku rwego Mpuzamahanga.

Ku wa 20 Nyakanga 2024, ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali habereye igikorwa cyo gutangiza iserukiramuco ‘Ubumuntu’ mu kwizihiza imyaka 10 ishize ritanga ubutumwa bwubakiye ku mahoro n’urukundo, no guhamagarira Isi yose kubana neza.

Ambasaderi wa Pakistan mu Rwanda, Naeem Ullah Khan, yavuze ko biteguye gukomeza gutera inkunga iserukiramuco ‘Ubumuntu’, kandi ko bazajya batumira abahanzi banyuze muri iri serukiramuco. Ati “Turi kwizihiza imyaka itatu tumaze mu Rwanda, igihugu cyacu n’iki dufitanye ubuhahirane n’igihango.’’

Hope Azeda watangije Mashirika ari nayo itegura Ubumuntu Arts Festival, yabwiye InyaRwanda, ko ababatumiye muri Pakistan hari byinshi bigiye ku iserukiramuco ‘Ubumuntu’ asanzwe ategura.

Ati “Urebye iri serukiramuco ryafatiye amasomo ku iserukiramuco ‘Ubumuntu’ dusanzwe dutegura. Kuko banatumiye kompanyi zimwe z’abanyuze mu iserukiramuco ‘Ubumuntu’, ndetse twahuriyemo n’ikipe yo muri Afurika y’Epfo.”


Generation 25 bamaze kugera mu gihugu cya Pakistan aho bazakina umukino uhamagararira amahoro n’urukundo ku Isi

Iri tsinda ryigaragaje cyane mu bihe bitandukanye mu mukino ryagiye rikina mu iserukiramuco ‘Ubumuntu’

Generation 25 isanzwe abarizwamo abarimo umuraperi Kivumbi King wigaragaje mu ndirimbo zinyuranye 

Ambasaderi wa Pakistan mu Rwanda, Naeem Ullah Khan, aherutse kuvuga ko biteguye gushyigikira ibikorwa by’iserukiramuco ‘Ubumuntu’ 

Hope Azeda yavuze ko iserukiramuco batumiwemo muri Pakistan ryateguwe hashingiwe kuri bimwe mu bikorwa bigaragara muri ‘Ubumuntu’


Nyuma yo gutaramira muri Pakistan, Generation 25 bategerejwe mu iserukiramuco rikomeye mu Bufaransa






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND