Umwana w’umukobwa witwa Nishimwe Jessica w’imyaka 8 y’amavuko yongeye gukora mu nganzo ashyira hanze amashusho y’indirimbo ye yise “Gihugu cyanjye”, aho yagaragaje ibyo Abanyarwanda bamaze kugeraho kubera ubumwe n’imiyoborere irangajwe imbere na Perezida Paul Kagame.
'Gihugu
cyanjye' ni igihangano cya Nishimwe Jessica yageneye Umukuru w'Igihugu
(Perezida Paul Kagame) ndetse n'Abanyarwanda muri rusange, yashyize hanze kuri
uyu wa Kane tariki 13 Kamena 2024, mu rwego rwo gutanga umusanzu we nk’umuhanzikazi.
Uyu
mwana ukiri ku ntebe y’ishuri, amaze igihe atangiye kugaragaza impano mu
muziki, byatumye umuryango we wiyemeza kumufasha.
Muri
iyi ndirimbo yise ‘Gihugu cyanjye’ agaragazamo ibyiza bitatse u Rwanda, gahunda
za Guverinoma zateje imbere urwego rw'Ubukerarugendo, umutekano u Rwanda
rusagurira n'ibindi bihugu. Uyumve uyisangize n'abandi
Hari
aho aririmba agira ati “Mbe gihugu cyiza mugongo waduhetse Rwanda nziza abana
bato turagukunda n’ababyeyi bacu baragukunda Rwanda gahore ku isonga wowe wahogoje
amahanga. Wowe wahanze u Rwanda Mana isumba byose ushimwe rurema bintu byose
kuko waduhaye urwanda.”
Agakomeza
ati “Imisozi yawe yuzuyemo amashyamba abana bato turabikunda n’ibibaya byawe
turabikunda Rwanda gahore ku isonga wowe wahogoje amahanga […] Asante Sana
Perezida wacu, Kagame Paul wowe dukesha ibyiza byinshi abana bato turagukunda
cyane gahore ku isonga wowe wahogoje amahanga.”
Umubyeyi
wa Nishimwe Jessica, Kanani yavuze ko bahimbye iyi ndirimbo mu rwego rwo
kugaragaza ibyiza Umukuru w’Igihugu yagejeje ku Banyarwanda mu myaka 30 ishize.
Ati
“Ni ndirimbo twanditse mu rwego rwo kugaragaza aho u Rwanda rwavuye n’aho
rugeze, mu rwego rwo kugaragaza uburyo ubuyobozi bwiza bwatumye uyu munsi
Abanyarwanda bashimye. Rero, iyi ndirimbo irimo ibyo bikorwa byose.”
Kanani
aherutse kubwira InyaRwanda ko biyemeje gushyigikira Jessica kugeza ubwo impano
ye izamenywa na buri wese.
Ati
“Yagaragaje impano ari muto biradutungura. Bituma twiyemeza kumushyigikira,
kuba agejeje indirimbo umunani ni uko twabonye ko afite impano yo gushyigikira,
kandi ibihangano bye byuzuye ubutumwa bwafasha buri wese.”
Uyu
mubyeyi avuga ko umwana we ariwe wiyandikira indirimbo, hanyuma bakamufasha mu
kuzinononsora no kuziha umurongo.
Aheruka gusohora amashusho y’indirimbo yise ‘Icyari cy’inyoni’
ivuga ku buvuzi Imana itanga. Uyu mwana aririmba avuga uburyo inyonyi yubaka
icyari cyayo itangiriye ku guhuriza hamwe icyatsi kimwe kugeza yujuje.
Yumvikanisha
uburyo Imana ‘irimbisha ubusitani ishyiramo uburabyo bw’amabara menshi kandi
ikaburimbisha’.
Se
w’uyu mwana, Kanani Albert asobanura ko umwana we yakuranye impano nyinshi
zirimo gukora siporo, yiyemeza kumushyigikira.
Ati
“Impano ayikomora ku babyeyi be. Mu by’ukuri afite impano zirenze imwe harimo
Sports no kuririmba n’izindi, cyane ko no mu ishuri ari we muyobozi w’abana
bigana.”
Avuga
ko gushyigikira umwana we biri mu ‘murongo wo gutinyura abato mu myaka gutera
ikirenge mu cye, no gusaba ababyeyi gushyigikira abana babo bagaragaza impano’.
Mu
gihe hari ababyeyi badashyigikira impano z’abana babo, uyu mubyeyi avuga ko
buri mubyeyi akwiye guharanira kumenya impano y’umwana we kandi akamushyigikira
kuko yamugeza kure mu gihe yakwitabwaho nk’uko bikwiye.
Ati
“Njye mbona natanga inama ku babyeyi kuko abana bose ntibaririmba, ahubwo
impano ni nyinshi cyane. Inama natanga ku babyeyi ni uko bashishoza bakamenya
ibyo abana bashoboye bakabashyigikira cyane, bizabaviramo impano zikomeye kandi
zabageza kure.”
Kanani
avuga ko iyo aganira n’umukobwa we amubwira ko yifuza ko ibihangano bye
‘byagera ku Isi yose’, kandi akabasha kuzagera mu bihugu bitandukanye aririmba.
Nishimwe
Jessica w’imyaka 8 y’amavuko yasohoye amashusho y’indirimbo yise ‘Gihugu
cyanjye’
Nishimwe
arakataje mu rugendo rw’umuziki we, kuko ababyeyi be bamaze kumufasha gukora
indirimbo zirenga umunani
Ababyeyi
ba Nishimwe bavuga ko iyi ndirimbo ari impano bageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda
muri rusange
Ababyeyi
ba Nishimwe bavuga ko biyemeje kumushyigikira kubera impano ye bamubonyemo
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘GIHUGU CYANJYE’ YA NISHIMWE JESSICA
TANGA IGITECYEREZO