Byatangajwe ko Umuhanzi Nick Jonas ashobora kutitabira ubukwe bwa Pinneeri Choppra umuvandimwe w’umugore we, Priyanka Choppra umukinnyi wa filime wamamaye mu Buhinde.
Umukinnyi wa filime Priyanka Choppra yatangaje ko
yiteguye gutaha ubukwe bwa mubyara we Parinneti Choppra bakuranye bameze nk’impanga,gusa
atangaza ko umugabo we Nick Jonas ashobora kutaboneka.
Priyanka na Prinneti uretse kuba ari ababyara,bakuze bavugwa ko bavukana mu nda imwe ndetse ko buri umwe atava
iruhande rw’undi.
Ubu bukwe kuva butangiye kugeza burangiye,Priyanka
Choppra atangaza ko azabutaha n’umwana we,ndetse bagashyigikira umuvandimwe
we,nubwo kubura k’umugabo we Jonas benshi batari kubivugaho rumwe.
Mu cyumweru gishize itsinda rya Jonas Brothers
ryatangiye ingendo zo kuzenguruka baririmba ndetse batunganya ibikorwa byabo
bijyanye n’umuziki,iyo ikaba impamvu nyamukuru izatuma umugabo wa Priyanka
atitabira ubu bukwe kubera akazi azaba arimo.
Benshi banditse bavuga ko bitangaje kuba umugabo wa
Priyanka yasiba ubukwe bwo mu muryango,nyamara bisobanurwa ko bigoye kuko
ubukwe bwagonganye n’akazi.
Priyanka Choppra n’umukobwa we Malti Marie bazataha
ubu bukwe ndetse ni bamwe mu batumirwa b’imena muri ubu bukwe buzahuza imbaga,higanjemo abakinnyi ba filime abayobozi muri Leta n’abandi.
Kuya 14 Gicurasi 2023 umukinnyi wa filime mu Buhinde
Parineeti Choppra yambitswe impeta n’umukunzi we w’umunyapolitiki Raghav
Chadha,bitangazwa ko bazashyingiranwa kuya 24 Nzeri 2023.
Raghav Chadha ni umwe mu bagize Inteko Ishingamategeko mu Buhinde,ndetse niwe muto muri bo.
Parineeti Choppra yamamye muri filime z’u Buhinde,ndetse
yasohotse ku rutonde rw’ibyamamare muri sinema y’iki gihugu mu 2013 rwakozwe na Forbes,bituma akomeza kumenyekana.
Yakinnye muri filime zitandukanye zirimo The Girl
on the train,Jabariya Jodi,Animal,Saina,Kill dil,Dishoom n’izindi nyinshi
zatumye yigarurira imitima ya benshi ndetse n’umugabo wegukanye umutima we.
Parineeti umukinnyi wa filime z'u Buhinde agiye gushyingirwa umunyapolitiki
Nick Jonas ubarizwa muri Jonas Brothers ntazaboneka bitewe n'akazi bamaze mo iminsi ko kuzenguruka uduce dutandukanye baririmba
TANGA IGITECYEREZO