RFL
Kigali

Umunyarwenya Russell Band wari umugabo wa Katy Perry arashinjwa gufata ku ngufu

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:19/09/2023 7:44
0


Umukinnyi wa filime w’Umwongereza akaba n’umunyarwenya, Russell Band wahoze ari umugabo w’umuhanzikazi w’Umunyamerika, Katy Perry arashinjwa gufata ku ngufu,bituma ibikorwa bye bihagarikwa



Umunyarwenya Russell Band arashinjwa icyaha cyo gufata ku ngufu.Ibi birego bije nyuma y'uko yari mu myiteguro y’uruzinduko rw’akazi ke ka buri munsi,amatariki yo kugendaho arasubikwa.

Nyuma y'uko Polisi ya Metropolitan yakiriye ibirego bishinja uyu munyarwenya ihohotera rishingiye ku gitsina ryabereye i Soho muri 2003,Polisi yahise isubika urugendo rwe.

Umuvugizi wa Polisi yavuze ko uyu munyarwenya ashinjwa gufata ku ngufu abagore bagera kuri bane,bikaba byarabaye kuva mu mwaka wa 2006 na 2013.

The  Times na Sunday Times batangaje ko nyuma yo gushinjwa ibi birego,abagore benshi  bakomeje kwiyongera bashinja uyu munyarwenya ko akunze kurangwa n’ihohotera rishingiye ku gitsina.

Umuhanzi Katy Perry yashyingiranwe n’uyu munyarwenya muri 2010 bahana gatanya mu mwaka wa 2012.

Perry yatangaje ko kuva abanye n’uwahoze ari umugabo  we atigeze yumva ibi birego bimushinja gufata ku ngufu,gusa yavuze ko umubano wabo wari ugoranye ku mpande zombi kugeza ubwo batandukaniye.

Ikinyamakuru The Guardian gitangaza ko uyu munyarwenya yahakaniye kure ibirego ashinjwa byo gufata ku ngufu abagore ashinjwa  ndetse avuga ko mu bwana bwe ataranzwe n’uwo muco kugeza ubu.


Russell Brand yateye utwatsi ibirego ashinjwa 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND