RFL
Kigali

Ravanelly uzwi kuri Tiktok yinjiye mu mideli ahuza umwambaro no kuba ari Intore-AMAFOTO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:1/08/2023 15:33
0


Twahirwa Ravanelly wamamaye ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye cyane urwa Tiktok, yinjiranye mu mideli imyambaro yise ‘Intore Brand’ yahuje n’umwuga asanzwe akora wo kubyina bya kinyarwanda.



Mu kiganiro yagiranye ni InyaRwanda yagize ati”Ubu ninjiye mu ruganda rw’imideli binyuze mu Intore Brand ikora imyambaro  itandukanye kandi ifite umwihariko twahereye ku mipira y’imbeho y’ingofero.”

Iyi mipira iri mu bara atatu ariyo umukara bise ‘Ikotaniro’, umweru bise ‘Igitego’ isa ni ivu bise ‘Urukatsa’ yose akaba ari amazina y’imihamirizo y’Intore.

Uyu musore kugeza ubu w’imyaka 22 abyina mu itorero ‘Igisubizo Culture  ryo muri Kaminuza ya INES Ruhengeri yigamo mu ishami rya ‘Bio-Technology’.

Asobanura impamvu yatumye yinjira mu ruganda rw’imideli ati”Nakunze kubyina imbyino gakondo zo mu Rwanda  numva muri njyewe nkwiye kuzajya nsa nk’Intore aho ndi hose nuko rero nagize igitekerezo cyo gukora imyambaro y’igisobanuro k’intore.”

Mu busanzwe Ravanelly avuka mu muryango w’abana 4 ni we mfura ,abanza yayize City Infant School akomereza icyiciro rusange muri College Saint Andre, asoreza ayisumbuye muri Groupe Scolaire Mater Dei Nyanza.

Ubu yiga muri INES Ruhengeri azasoza amasomo ye ya Kaminuza mu mwaka wa 2024.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND