RFL
Kigali

Doreen Kabareebe ugiye kwibaruka umukobwa arabyinira ku rukoma

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:1/08/2023 10:12
0


Umunyamideli wabigize umwuga,Doreen Kabareebe witegura mu bihe bya vuba kwibaruka umwana w’umukobwa, yatangaje uko imibereho ye ihagaze muri iki gihe atwite.



Doreen agaruka ku bihe ari kunyuramo muri iki gihe atwite yagize ati”Ibihe byo gutwita kwanjye bihagaze neza sinkijya mu mihango cyangwa ngo mbone imitsi nakwifuje kuba ntazigera nongera kubona imitsi ukundi icyo navuga ndi mu bihe byiza.”  

Imbogamizi yonyine Doreen Kabareebe yatangarije ibinyamakuru byo muri Uganda  arya buri munota ati”Mu kuri ikintu cyonyine kimbangamiye ni uko mbangomba kurya buri masaha abiri kugera kuri atatu.”

Uyu mugore avuga ko asanzwe  adakunda  kurya ariko noneho ariko ko  byiyongereye  ku rwego rwo hejuru kuva yatwita. Isomo rikomeye yigiye mu gutwita kwe rikaba ari ukwicisha bugufi.

Ati”Guca bugufi nicyo kintu nize mu kuri nkunda abana ariko noneho sinakwizera ko ngiye kugira uwanjye mu gihe cya vuba, ubu rero ibintu mbibona bitandukanye n'uko byahoze, ubu ikintu cya mbere ni umuryango wanjye,umugabo n’umwana tugiye kwibaruka.”

Ku birebana n’ibirori by’akarataboneka yakorewe byo kwitegura kwibaruka,impamvu yemeye ko biba ibihambaye kandi yaranze gukora ubukwe bukomeye cyane.

Doreen Kabarebe yagize ati”Nabikoreye imfura yanjye ntakuntu nakwanga ubukwe bw’igitangaza ngo noneho nange n’ibirori byo kwitegura umwana nateguriwe na mabukwe.”

Uyu munyamideli usigaye atuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, avuga ko ashimira Imana yamuhaye gushaka mu muryango w’igikundiro unamukunda.

Muri Mutarama 2023 ni bwo Doreen Kabareebe yashyingiranwa na Corey Harris mu birori byabereye muri Maryland.Doreen Kabareebe n'umugabo we Corey Harris bagiye kwibaruka imfura yabo y'umukobwaAshimira Imana yamuhaye umugisha wo gushaka mu muryango mwiza






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND