RFL
Kigali

Yinjiza Miliyari 1 Frw buri mwaka: Ibigwi bya Tiwa Savage utegerejwe i Kigali

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:1/08/2023 8:43
0


Tiwatope Omolara Savage [Tiwa Savage] umuhanzikazi uza imbere mu bahanzikazi ba Afurika ategerejwe i Kigali muri uku kwezi kwa Kanama aho azataramira abazitabira iserukiramuco rya Giants of Africa Festival.



Hagati ya tariki ya 13 Kanama 2023 na 19 Kanama 2023 u Rwanda ruzakira imikino ya Basketball izaherekezwa n’ibindi bikorwa by’imyidagaduro mu bitegerejwe kurusha ibindi harimo ibitaramo bitandukanye bizaririmbamo abahanzi banyuranye.

Mu bategerejwe muri iri serukiramuco harimo umuhanzi nyarwanda Bruce Melodie hakaza n’abahanzi b’abanyamahanga barimo Davido, Diamond na Tiwa Savage.

Uyu munsi InyaRwanda tukaba twifuje kwitsa ku bigwi n’ubuzima bw’ingenzi bw’umuhanzikazi ufatwa na benshi nk’umwamikazi wa muzika wa Afurika muri iki gihe, Tiwa Savage.

Tutagiye kure kaduhere ku gahigo uyu muhanzikazi,aheruka ko kuba umwe mu baririmbyi mu birori by’iyimikwa ry’Umwami w’u Bwongereza Charles III.

Aho imbere y’ibihumbi birenga 20 byari bikurikiye ibi birori imbonankubone na Miliyoni zirenga 18 mu buryo bw’iyakure, Tiwa Savage yaririmbye indirimbo ‘Keys to the Kingdom’ yakoranye na Mr Eazi na Beyonce.

Uyu mugore ubusanzwe witwa Isale Eko afite imyaka 43 yimukiye mu Bwongereza avuye muri Nigeria ku myaka 11. Aha ni naho yigiye amashuri ye kugera asoreje Kaminuza muya Kent mu ishami ry’Ubucuruzi.

Afite impamyabumenyi mu muziki yakuye muri Kaminuza y’i Boston mu mwaka wa 2007. Yatangiriye umuziki we muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aririmbira abahanzi barimo George Michael na Mary J Blige.

Mu mwaka wa 2006 yitabiye amarushanwa y’umuziki rya X Factor mu Bwongereza,asoreza ku mwanya wa 12, yaje gutangira gukorana n'inzu itunganya ikanareberera inyungu z’abahanzi ya Mavin Records mu mwaka wa 2012.

Yashyize hanze umuzingo we wa mbere yise ‘Once Upon a Time’mu 2013. Mu 2015 ni bwo yashyize hanze Album ya Kabiri yise ‘R.E.D’.

Umuziki wakomeje kwaguka maze aza gutangira gukorana n'inzu rurangiranwa mu muziki ya Universal Music Group muri 2019, mu 2020 ashyira hanze Album ya Gatatu yise ‘Celia’.

Kaminuza yizemo ya Kent mu Bwongereza yamuhaye impamyabumenyi y’ikirenga mu muziki muri Nyakanga 2022 mu birori byabereye muri Canterbury Catheral.

Aheruka kwinjira mu itunganywa rya filimi ahereye ku igaruka ku nkuru y’ubuzima bw’umunyamideli Aisha aba atuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ariko akaza guhitamo gusubira muri Afurika aho aba akomoka.

Tiwa Savage yashyizwe ku rutonde rw’abagore ijana b’intangarugero na BBC mu mwaka wa 2017 ari kandi ku rutonde rw’abantu badasanzwe rwa Women4Africa.

Amaze kwibikaho ibihembo bitagira ingano birimo nka  The Headies, Nigeria Entertainment, MOBO, Vodafone Ghana Music, MTV Ewrope Music n’ibindi.

Uyu mugore ari mu bahanzi batunze inyubako zihenze, imodoka z'akataraboneka aherutse kumvikana avuga ko akeneye indege ye bwite kubera ibikoresho byinshi aba akeneye mu ngendo agenda akora hirya no hino ku Isi.

Buri mwaka  yinjiza akayabo k'arenga Miliyari 1Frw mu gihe umutungo rusange we ubarurirwa muri Miliyari 10Frw kugera kuri 21Frw amafaranga atunze mbarwa mu bahanzi yafurika.Nubwo aheruka kumvikana avuga ko akeneye Private Jet [Indege bwite] bigashyira abantu mu rujijo hari abemeza ko ari muri bake  bayitunze Mu bahanzikazi b'abanyafurika bafite imodoka zitandukanye z'igiciroAgeze ku rwego buri mwaka yinjiza asaga Miliyari 1Frw mu bikorwa by'umuziki, kwamamaza n'ubundi bushabitsi akoraYakuriye mu Bwongereza atangirira urugendo rwe rw'umuziki muri Leta Zunze Ubumwe za AmerikaHirya y'umuziki ari mu banyamideli babigize umwuga aho imyambarire n'uko agenda yigaragaza bishimangira ubuhanga afite no muri uyu mwuga Uyu mubyeyi w'umwana umwe ategerejwe i Kigali muri uku kwezi kwa Kanama






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND