RFL
Kigali

Bien-Aimé yizeye kugera kure atari muri Sauti Sol kubera ubumenyi bw’umugore we bazanye i Kigali-AMAFOTO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:28/07/2023 14:53
0


Bien-Aimé Baraza wamamaye mu itsinda rya Sauti Sol ugiye gutarama bwa mbere nk’umuhanzi ku giti cye mu gitaramo cya Marnaud Music Therapy, yatangaje ko nta bwoba afite bwo gukora wenyine cyane ko afite umugore w’umuhanga mu muziki.



Mu kiganiro n’itangazamakuru cyabere ku Ubumwe Grande Hotel ku mugoroba w’uyu wa Kane tariki ya 27 Nyakanga 2023, Bien Aimé yagarutse ku rugendo atangiye nk’umuhanzi ku giti cye nyuma y’ibinyacumi bikabakaba 2 akorera mu itsinda rya Sauti Sol.

Agaruka ku muziki we nk’umuhanzi ku gite cye yavuze ko yiteguye ati ”Mfite inkingi ya mwamba mu rugendo rushya ntangiye, umugore wanjye akaba n’umujyanama wanjye azi ibirebana n’umuziki cyane ariko nzakumbura abavandimwe twakuranye.”

Uyu muhanzi watangaje ko afitanye imishinga itandukanye n’abahanzi banyuranye bo mu Rwanda, yavuze ko azi neza u Rwanda n’u Burundi, ko ari ibihugu bifite umuziki mwiza n’abahanga mu gukoresha ibikoresho byawo.

Atanga urugero ko Band nyinshi zikomeye muri Afurika y’Uburasirazuba usanga abacuranzi bazo biganjemo Abarundi n’Abanyarwanda.

Iki gitaramo kizabera muri Kigali City Tower guhera saa kumi n'ebyiri z’umugoroba ku mugoroba z’uyu Gatanu tariki 28 Nyakanga 2023, kikaba kizacurangamo DJ Marnaud n’abahanzi nka Ruti Joel na Mike Kayihura, bose bakazakora umuziki wa ‘Live’.

Cyatewe inkunga na MTN Rwanda iri mu byishimo byo kwizihiza imyaka 25 imaze itangiye gukorera mu Rwanda, Heineken imwe mu nzoga zigezweho z’uruganda rwa Bralirwa, Ubumwe Grande Hotel n’abandi batandukanye.

Bien-Aime yatangaje ko nubwo azakumbura abo bakuranye banabanaga muri Sauti Sol ariko yizeye ko na we nk'umuhanzi ku gite cye azagera kureBien-Aime ari kumwe na DJ Marnaud wahisemo kuvuza abantu umuziki kuko yakuze yifuza kuvamo dogiteri ariko ntabashe kubigerahoNi cyo gitaramo cya mbere Bien Aime nk'umuhanzi ku gite cye agiye gukora kuva Sauti Sol yatangaza gutandukana kwayo muri Gicurasi Bien-Aime n'umugore we n'umujyanama we mu by'umuziki yizera ko amufite kuba atari muri Sauti Sol bitazamuhungabanya cyane nk'umuhanziUbumwe Grande Hotel, MTN na Heineken mu baterankunga bakuru b'iki gitaramo cya Marnaud Music Therapy

KANDA HANO UREBE UBWO BIEN AIME YAGERAGA MU RWANDA







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND