Kwiyandikisha muri Rwanda Global Top Model byatangiye

Imyidagaduro - 05/07/2023 12:27 PM
Share:

Umwanditsi:

Kwiyandikisha muri Rwanda Global Top Model byatangiye

Irushanwa rihuza abanyamideli bo mu bice bitandukanye, Rwanda Global Top Model rigiye kongera kuba nyuma y’uko bamwe mu batsindiye amakamba baserukiye u Rwanda mu bikorwa bitandukanye Mpuzamahanga bishamikiye ku mideli.

Bamwe mu bakobwa batsindiye amakamba muri iri rushanwa bafashijwe guserukira u Rwanda mu bikorwa by’imideli bikomeye harimo ni’ibiba buri nyuma y’amezi atatu.

Ni irushanwa ryatanze amahirwe ku basore n’abakobwa bashaka gukabya inzozi zabo mu kumurika imideli ku rwego mpuzamahanga.

Ndekwe Paulette uhagarariye Embrace Africa itegura iri rushanwa yabwiye InyaRwanda ko kuri iyi nshuro ya kabiri nta basore bazahatanamo.

Yavuze ko bashingiye ku kuba umubare w’abakobwa batsinze ku nshuro ya mbere aribo bamaze kubona amahirwe yo guhagararira u Rwanda.

Ndekwe ati “Mu rwego rwo kugeza amahirwe kuri benshi tugiye gukora iri rushanwa ku nshuro ya kabiri, ariko hemerewe abakobwa cyangwa se uwabyaye ariko wujuje ibisabwa yakwiyandikisha akagerageza amahirwe yo kujya mu bikorwa by’imideli bikomeye mu guteza imbere impano z’abanyamideli."

Abakobwa batsindiye amakamba ku nshuro ya mbere bitabiriye ibikorwa birimo Supra Model World Wide yabereye mu Buhinde, Fashion Factor n’ibindi.

Kuri Ndekwe Paulette ‘bigaragaza ko hari intambwe ikomeye iki gikorwa kiri gutera'. Ati "Kandi tunizera ibirenze ibyo uko dukomeza gushyigikirwa n’Abanyarwanda ndetse n’ubuyobozi."

Kwiyandikisha muri iri rushanwa byatangiye kuri uyu wa Gatatu tariki 5 Nyakanga 2023, bizarangira tariki 25 Nyakanga 2023.

Ni mu gihe ku wa 28 Nyakanga 2023 ari bwo hatazangazwa abakobwa bazaba bemerewe guhatana muri iri rushanwa, hanyuma amajonjora y'ibanze azaba muri Kanama 2023, irushanwa rishyirweho akadomo muri Nzeri 2023.

Batatu ba mbere bazatsindira itike yo guhagararira u Rwanda mu bikorwa by'imideli Mpuzamahanga bizabera mu Buhinde, Dubai n'u Butaliyani.

Umukobwa wiyandikisha asabwa kuba ari hagati y'imyaka 18 na 30, kugaragaza icyemezo cy'uko atigeze afungwa ndetse no kuba yarasoje amashuri yisumbuye. 

Mu mwirondoro we avugamo amazina ye, imyaka afite, nimero ye ya  telefoni, agatanga ifoto ndetse n'ingufi. Ntiyemerewe gutanga ifoto yafashwe na telefoni.

Bamwe mu batsinze ku nshuro ya mbere bamaze gufashwa guserukira u Rwanda mu bikorwa by'imideli bibera mu bihugu binyuranye 

Kuri iyi nshuro ya kabiri, iri rushanwa rizahatanamo abakobwa gusa


Iri rushanwa rigamije gufasha abanyamideli bo mu Rwanda kugeza ku rwego 
Mpuzamahanga 

Umukobwa wiyandikisha asabwa kuba afite imyaka iri hagati ya 18 na 30

 

Abarimo, Munyana Peace, Mwiza na Ngabonziza Diane baserukiye u Rwanda mu bikorwa by'imideli bikomeye


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...