RFL
Kigali

Imyitwarire ikwiye kuranga umuntu warakaye umuranduranzuzi akagaruka ibuntu

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:7/06/2023 14:46
0


Uburakari bukabije uretse kuba bwakoresha nyirabwo amahano ni kintu gihungabanya ubuzima bw’umuntu mu buryo bugaragara n’ubutagaragara, nubwo hari imyitwarire yafasha umuntu wahuye n’iki kibazo.



Uburakari butuma hatakara ubumuntu hakimakazwa ibikorwa bibi birimo no kwihorera ku wakurakaje. Bamwe bagira uburakari bukabije bakaba bakurizamo kurwara indwara zirimo umutwe ukabije, umunaniro udasanzwe, kurwara amaso bitewe no kurizwa n’ibyaguteye agahinda n’ibindi.

Imyitwarire ikwiye kuranga umuntu wisanze mu burakari bukabije ni iyi nk'uko bitangazwa na Blue Boat Counseling.

1.     Gutesha agaciro ibyagukorewe: Uburakari buturuka ku gaciro gahabwa ibyo wita ikosa bagukoreye kuko wumva byakagombye kugenda ukundi mu buryo bugushimisha.

Igihe umuntu ahemukiwe akabimenya,ariko agatekereza ko nyuma yo guhemukirwa ubuzima bugomba gukomeza kandi yishimye, ntaho ahurira n’uburakari abirenza amaso agakomeza ahubwo bikaba isomo ryo kumenya umuntu wamuhemukiye ni muntu ki?.

2.     Witinda utekereza ko uwakoze ikosa ari umugome: Abantu barakosa kandi nta ntungane ibaho ku Isi. Iyo usobanukiwe ko nawe ubwawe byakubaho ugakosereza umuntu ubishaka cyangwa bigutunguye, bikurinda kumva watinda ku byakurakaza.

3.     Tekereza ku buzima bwawe: Agahinda, umubabaro, umujinya, uburakari ni bimwe mu bintu bihungabanya intekerezo za muntu n’imikorere y’umubiri ikaba micye.

Bivuze ko gufata umwanya utekereza ku muntu wakubabaje,uba umuhaye agaciro kanini kuruta wowe ubwawe. Ibyishimo birahenda nk'uko benshi babivuga ariko ibyishimo burya biba mu muntu ahubwo niwe ugena uburyo abikoresha.

Tekereza ku ngaruka wahura nazo zitewe nuwo mujinya uri kubiba mu mutima wawe, kandi wenda uwakubabaje we yishimye.

4. Babarira byoroshye: Menya ko guhemuka biterwa na sekibi maze ubabarire byoroshye. Abanyambaraga basanga ababahemukiye bakabaganiriza bakabasaba imbabazi, dore ko hari igihe baba baratinye kukwegera ngo mwiyunge.

5.Irinde ko abakuzengurutse babona ko warakaye: Igihe uburakari bwagaragaye mu bandi uba wamaze gutsindwa ndetse nta muntu ukunda isura irakaye uba watangiye kubangama.

6.Tekereza ku bintu bikunezeza: Nubwo hari ibyababaza umuntu byinshi, ariko hariho n’ibyashimisha umuntu byinshi birimo no kumarana igihe n’inshuti zigushimisha. Tekereza aho ukura umunezero byoroshye abariho uhungira ako gahinda watewe n’uwariwe wese.

Umuntu uzi agaciro k’ubuzima bwe ntago ahangayikishwa n’ibyo yakorewe, ahubwo yiga kubabarira no kongera kwiyubakamo ibyishimo ubuzima bugakomeza.


Kurira nubwo biruhura ariko bigomba kurangirana no gufata umwanzuro ukubaka

    

Hura n'abajyanama wizeye kandi b'inshuti bagufashe kwiyumva neza kandi ubabwire icyakurakaje


Tekereza ku nshuti zawe nziza zagufasha kunezerwa maze uhure nazo wibagirwe agahinda cyangwa uburakari bizahira bishira






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND