RFL
Kigali

Uko habungwabungwa ubuzima bw’umuganga hubakwa icyizere cya benshi

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:5/06/2023 14:48
0


Abaganga ni bamwe mu bantu bafashe ubuzima bwa benshi kuko bagira uruhare rukomeye mu kububungabunga,nyamara nabo bakeneye ubuzima buzira umuze kugira babashe gukomeza kureberera rubanda.



Abaganga ni abarengezi b’abantu bitewe n’akazi katoroshye bakora mu gutanga ubuvuzi ku bandi,ndetse bamwe bakora cyane bakibagirwa kwita ku buzima bwabo kandi bafashe ubwa benshi.

Purdue  Global itangaza ko mu myaka yashize, abaforomo bagaragaje ibyago byinshi byo kurwara bitewe no guhangayikishwa n’akazi kuruta ubuzima bwabo.

Ubwo 70% babazwaga ibijyanye n'uburyo bahangayikishwa n’akazi kurusha ubuzima bwabo,bavuze ko bababazwa ndetse bagaterwa agahinda no kutuzuza inshingano zabo neza harimo no kurangarana abarwayi bakaba bahura n’ibibazo.

Bakomeza bavuga ko umuforomo cyangwa umuganga,akwiye kwitabwaho bidasanzwe kandi nawe akiyitaho,ndetse akagira ikiruhuko gihagije.Umuntu niwe burya wiyitaho kuruta abandi bose bashobora kumureberera.

Abaganga bakwiye gutekereza ku buremere bw’ubuzima bwaho biyitaho bidasanzwe,kuko kubaho kwabo bibeshaho benshi binyuze mu bwitange bagira bavura abantu.

Aba bahanga bakaba n’abanyampuhwe bagira akazi gakomeye ndetse kadasanzwe, kuko katakorwa na buri wese ubonetse adafite uyu  muhamagaro.Bakwiye kwiyitaho mu buryo butandukanye yaba imirire myiza,imitekerereze myiza,ikiruhuko gihagije,n’ibindi.

Nubwo basobanukiwe n’ubuzima cyane,ariko bigomwa byinshi birimo n’ibyishimo byabo kugira barokore imbaga nyamwinshi.Benshi mu baganga bakunze kwishora mu mahitamo yangiriza ubuzima bwabo kandi bigisha benshi kwita ku buzima.

Ushobora gusanga umuganga anywa ibiyobyabwenge kandi yigisha abandi ku bireka.Umuganga ni umuntu nk’abandi,yagira intege nke ndetse akaba yateshuka agakora ibimwangiriza,niyo mpamvu akwiye gukundwa nk’abandi kandi akitabwabo,by’akarusho akazi akora kagahabwa agaciro.

Kwiyitaho ni igikorwa icyo aricyo cyose nkana twishoramo mu guteza imbere imibereho yacu myiza yaba iy’umubiri,imitekerereze,n’ibindi.

Ni ngombwa ku bakozi muri buri kazi, ariko cyane cyane ku baforomo,bamara amasaha yabo hafi ya yose mu kazi bita ku bandi.

Kwiyitaho kw’abangaga bigabanya guhangayika,bigatera kwikunda  kandi bifasha kuzamura ireme ry'ubuvuzi.

Mu bushakashatsi bwakozwe ku baforomo bugaragaza ko icyorezo cya COVID 19 cyasize 80%  barahuye n’ingaruka z’ubuzima bwo mu mutwe kubera icyorezo, na 60%  bakagira ibibazo by’umubiri.

Bitewe no kwita ku buzima bwa benshi bagize ingaruka nyinshi zitewe no gukora bidasanzwe ndetse bamwe bakurizamo kurwara indwara zikomeye.

Abaganga bakwiye kwiyitaho ndetse batekereza ku nshingano bafite idasanzwe yo kwita ku bantu,ndetse buri wese mu mbaraga ze akababa hafi bagakora akazi kabo neza.

 

Imbaraga bakoresha ni nyinshi bakenera nabo kwitabwaho n'inshuti n'imiryango byabo






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND