RFL
Kigali

Umukobwa w'isugi yatangaje ko itwite inda y’umwuka udasanzwe wamubonekeye mu nzozi

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:2/06/2023 15:03
0


Umukobwa uvuga ko akiri isugi wo muri Colombia,yatangaje ko atigeze aryamana n’umugabo na rimwe ahubwo ko nyuma y'uko umwuka udasanzwe amusuye mu nzozi yaje kwisanga atwite ndetse bikemezwa na muganga.



Uyu mukobwa  w'imyaka 19 y'amavuko  aherutse guteza impaka ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo kubwira Televiziyo yitwa  Malambo,n’itangazamakuru ryo muri Colombia ko atwite kandi akiri isugi,  yemeza adashidikanya ko yatewe inda n'imbaraga zidasanzwe.

The Mirror yavuze ko uyu mukobwa  utaravuzwe izina yavuze ko nyuma yo guhura n'inzozi zidasanzwe no kumva abonekewe n’umwuka utamenyerewe, yatangiye kubura imihango niko kubwira nyina ibyamubayeho maze  nyina yihutira kumujyana kwa muganga.

Ubwo abaganga bakoraga akazi kabo ko kumusuzuma,bemeje ko uyu mwari atwite,gusa umukobwa we yakomeje guhakanira kure ko nta mugabo n’umwe barahura kuva avutse ko akiri isugi.

Biratangaje guhakana ko waryamanye n’umugabo mu gihe ibisubizo bya muganga bigaragaza ko utwite,ariko uyu mukobwa yisobanuye avuga ko inda atwite atayitewe n’umugabo ahubwo ko yagize inzozi zidasanzwe ziteye ubwoba,nyuma agatangira kubona impinduka.

Mu gusobanura inzozi yahuye nazo,yavuze ko yagize ijoro ridasanzwe akabona imbaraga zidasanzwe zimuvugisha,agatahwa n’ubwoba,ndetse nyuma  zimurekuye gatangira kwiyumva mu buryo budasanzwe.

Yashimangiye  ko izo mbaraga zidasanzwe arizo zamuteye inda kuko mu gitondo cyaho yatangangiye kwibona ahinduka gahoro gahoro,bigera aho abura imihango,akaza gutangarizwa ko atwite.

Bivugwako uyu mwari atatunguwe kuko yari amaze gutangira kwiyumva nk’umubyeyi kandi amaze kwakira impinduka zigera ku bantu batwite,nyamara yarategereje icyemezo cya muganga kugira ave mu rujijo.


 Yatewe inda n'umwuka wamusuye mu nzozi






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND