RFL
Kigali

Rubavu: Ecole La Racine yatanze inkunga y'imyenda n'inkweto ku bana bahuye n'ibiza - AMAFOTO

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:25/05/2023 23:35
0


Umuyobozi wa Ecole La Racine, Murekatete Jocelyne, yashimiye abanyeshuri n'ababyeyi bagize uruhare muri iki gikorwa, asaba n’ibindi bigo by’amashuri kugira umutima utabara.



Igikorwa cyo gukusanya inkunga cyakozwe ku bufatanye bw'ubuyobozi bwa La Racine, abanyeshuri n'ababyeyi baharerera. Ubuyobozi buvuga ko budashyize imbere gutanga ubumenyi gusa ahubwo bwigisha n'uburyo abana bagomba kubana n'abandi, bikajyana no gutabara abagize ibyago.

Niyongoma ukuriye inama y'ababyeyi kuri La Racine yagize ati:” Nk'abanyeyi twafashije abana bacu kugira ngo bagire ibyo bazana ariko igitekerezo cyari icyabo kuko bashyizemo imbaraga nyinshi. Turi Abanyarwanda kandi tuzi neza imbaraga Leta y’u Rwanda ishyiramo kugira ngo Abanyarwanda bafashanye natwe ni byo twakoze kandi tuzabikomeza”.

Umuyobozi wa La Racine Murekatete yatangaje ko mu ntego z’ishuri rye harimo no gufasha abana kugira Ubuntu n’urukundo nk’uko babigaragaje.

Uyu muyobozi yabihuriyeho na bamwe mu bana baganiriye n’itangazamakuru bavuze ko bakimenya ibyabaye kubera imvura, bahise batekereza ku bana bagenzi babo kugeza bashyize mu bikorwa iki gikorwa cyo gufasha cyabaye kuwa Gatatu tariki 24 Gicurasi 2023.

Iri shuri riherereye mu Karere ka Rubavu mu mujyi wa Gisenyi. Imyenda batanze, ni inkunga ifite agaciro karenga Miliyoni imwe y'amafaranga y'u Rwanda.

Ni inkunga yagenewe abana bari mu nkambi basizwe iheruheru n'imvura yaguye mu ijoro rya tariki ya 2 rishyira tariki 3 Gicurasi yahitanye abantu barenga 25 mu Karere ka Rubavu, naho imiryango irenga 1300 ikurwa mu byabo n'imyuzure n'inkangu.

Ubu abantu babarirwa mu bihumbi 5 bakaba bari mu nkambi harimo abana barenga igihumbi bakeneye imyenda n'inkweto byatwawe n'amazi.

Umubyeyi uhagarariye abandi muri iri shuri rya Ecole la Racine Majaliwa Niyongoma


Abanyeshuri bari bafite akanyamuneza


Umuyobozi w'iri shuri yasabye abandi bayobozi gushishikariza abana babo kugira umutima utabara






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND