RFL
Kigali

Umuramyi Denis Niyonsenga yashyize hanze indirimbo yise “Ndahaguruka” - YUMVE

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:26/03/2023 15:33
0


Umuramyi Denis Niyonsenga yakoze mu nganzo ashyira hanze indirimbo nshyashya yise ‘Ndahaguruka’ yanyeganyeje inkingi z’imitima ya benshi binyuze mu butumwa buyirimo.



Denis Niyonsenga watanze umusanzu ukomeye mu guhuza abantu n’Imana, binyuze mu ndirimbo ze zitandukanye yagiye akora na mbere. Ntiyigeze arambika Ikaramu n’impano ye hasi nk’uko yabihamirije InyaRwanda.com nyuma yo gushyira hanze iyi ndirimbo yatuye abantu bose, abasaba guhaguruka bagasenga Imana.

Yagize ati: “Iyi ndirimbo ikubiyemo ubutumwa bukomeye nifuza ko bugera ku bantu bose, ni indirimbo isaba abantu kurwana kuri Yesu birinda kumubitisha kandi ariwe wadukunze cyane akemera kudupfira. Rero ntabwo nigeze ndambika ikaramu hasi ngo nibagirwe umuhamagaro wanjye, ndakomeje kandi nzakomeza gutanga ubutumwa bwiza bw’uwampamagaye”.

Iyi ndirimbo ‘Ndahaguruka’, ije isanga izindi ndirimbo nka ‘Ibihamya, Gakondo, Ntakiranirwa, Yaradutaruye, Gumana Nanjye’ n’izindi zitandukanye zakoze umurimo ukomeye cyane wo gutuma abantu bagirira Imana icyizere, bakarushaho kuyikorera bashize amanga. Nyuma yo gushyira hanze iyi ndirimbo, abantu bagaragaje ko bayishimiye babinyujije mu bitekerezo bamuhaye.

Uyu muhanzi kandi yemeza ko impano yo kwandika ariyo yahawe n’Imana, bitewe n’uburyo amarana nayo igihe ayisenga ndetse asoma n’ijambo ryayo, akanyuzamo akanayicurangira na cyane ko akunda igicurangisho cya Gitari. 

Denis Niyonsenga afite gahunda zitandukanye zirimo; Gutegura igitaramo no gushyira haze izindi ndirimbo  zitandukanye zizahamya ko Imana igira neza. 

REBA HANO NZAHAGURUKA YA DENIS NIYONSENGA






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND