RFL
Kigali

Sobanukirwa na zimwe mu mpamvu zitera abagore kuryagagura

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:23/03/2023 16:12
0


Inama zitangwa n’abahanga mu bijyanye n’imirire zivuga ko nibura ku munsi umuntu agomba gufata amafunguro atatu: Ifunguro rya mu gitondo, irya saa sita ndetse n’irya nimugoroba, ariko hari impamvu zitera abagore kuryagagura.



Kuri bamwe bubahiriza ubuzima cyane, bavuga ko nibura amafunguro abiri ahagije ku munsi, kugira ngo urwungano ngogozi rukore neza. Ayo mafunguro bavuga ko yakoreshwa ni ifunguro rya mu gitondo, saa sita, hanyuma ninjoro umuntu agafata akantu koroheje kugira asinzire neza.

Imibare myinshi igaragaza ko igitsinagore gikunze kwangirika mu gifu kubera kutarira ku gihe, kurya ibiryo bidakenewe mu mubiri no kurya mu kavuyo, babikora nk'abishimisha.

Take Back Your Temple itanga amasomo ku mirire no ku bifuza gutakaza ibiro bikabije, ivuga kuri zimwe mu mpamvu zitera abagore kurya cyane;

1.     Ikimenyesho cy’ibyishimo


Uzasanga umugore akenshi yishimira umutu umuzimanira ibiryo cyane cyane iyo ari igitsinagabo. Muri kamere y’abagore, bakunda kwitabwaho kandi birakwiriye ko bitabwaho kuko ni ba nyina w’umuntu.

Umugore cyangwa umukobwa iyo wamushimishije cyangwa yishimiye uwo bari kumwe, ashobora kwisanga yariye ibiryo byinshi cyangwa akarya buri kanya atari uko ashonje ahubwo akabikoreshwa n’ibyishimo, nubwo bitemewe mu mategeko agenga imirire.

1.     Irungu

Biragoye gutekereza ukuntu irungu ritera abagore kurya buri kanya, ariko ni bimwe mu bibaranga. Umugore ashobora kuba nta kazi agira yirirwa mu rugo wenyine, akamera nk’uwigunze bitewe n'uko ari wenyine, akaba yarya kuko abona ibiryo kandi ntacyo gukora afite.

Akenshi uzasanga umugore ananirwa kurindira umugabo ngo basangire kubera basonza vuba, akarya duke kugira aze gusangira n’umugabo. Ntabwo biterwa n’ubusambo cyangwa umururumba w’ibiryo, ahubwo abagore bishimira kubona hari ubari iruhande abitaho, ababwira amagambo meza, n'ibindi.

Umugore ashobora kuba yirirwanye n’umugabo mu rugo,akirirwa yita ku muryango, akabura umwanya wo kurya. Gusa biba byiza amasaha yo kurya yubahirijwe kuko iyo bikomeje bitera uburwayi.

2.     Kumva badatekanye

Bamwe mu bagore baba barahuye n’ibihe bibi bikabakanga, bityo bikabatera kurya bidafite umurongo. Bamwe bakurira mu miryango itifashije, ku buryo kubona ibiryo yifuza biba ikibazo cy’umuryango, maze igihe ageze mu rugo rwe rufite buri kimwe akarya nk’uwiyahura.

3.     Igihe babonye amafunguro batamenyereye

Iki kibazo gikunze kugirwa n’abantu bambukiranya imipaka, aho usanga nk’umukobwa abonye ibiryo bidasanzwe aho avuye, akifuza kumenya uburyohe bwabyo, akaba yarengera igihe byamuryoheye.

Igitsinagore akenshi gikunda ibishya, ibintu byadutse, ibigezweho n’ibintu bidasanzwe kuko iyo babibonye bumva bahinduye ubuzima. Niho usanga akenshi barahuye n’umubyibuho ukabije, barwara ibifu, kuko ntazi akamaro k'ibyo arya mu mubiri we.

4.     Ibiryo by’ubuntu


Ibiryo byo mu kavuyo akenshi bitera ibibazo, niyo mpamvu abita ku buzima barya ibyo bitunganirije. Benshi bafata amafunguro n'igihe badashonje kubera ko ari ubuntu. Abagore kubera kwishingikira ku bushobozi bw’abagabo, akenshi bumva ko batakwigurira ibiryo bakunda bihenze.

Ugasanga ariye ibiryo bidakenewe mu mubiri kubera ko atari bwishyure, ibiryo ari ubuntu, cyangwa kuko umukunzi we yabyishyuye.

Impamvu zatuma umuntu arya mu buryo budafite gahunda zaba nyinshi, ariko ni ngombwa ko igitsinagore kirinda ubuzima bwacyo bafata amafunguro mu masaha yabugenewe, kandi amafunguro afitiye akamaro umubiri.

Umugore ni ipfundo ry’umuryango mwiza, ariko iyo yangirije ubuzima bwe aba yangiriza n’umuryango.


Benshi bikururira umubyibuho ukabije kubera kurya bidafite gahunda

Usanga benshi binjiza amavuta menshi mu mubiri nta mazi banywa, nta n'imyitozo ngororamubiri


Ni ingenzi ko buri mugore yita ku mubiri we kandi akirinda umubyibuho ukabije, arya ibifite akamaro


Bamwe mu basore bavuga ko bashukisha abagore ibiryo bihenze bakabakoresha icyo bashaka


Abantu bose bakwiriye gutekereza ku mafunguro mbere yo kuyafata





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND